00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR FC yatandukanye na Godwin Odibo

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 20 January 2025 saa 11:21
Yasuwe :

APR FC yemeje ko yatandukanye n’Umunya-Nigeria Godwin Odibo wari uyimazemo amezi atandatu.

Impande zombi zatandukanye mu bwumvikane gusa amakuru akavuga ko uyu musore yahawe imperekeza y’umushahara w’amezi atandatu.

Mu butumwa Ikipe y’Ingabo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo, yashimiye Odibo ku bihe bagiranye yaba mu kibuga ndetse no hanze yacyo.

Odibo yatandukanye na APR FC nyuma yo kubura umwanya wo gukina nyamara yaratanzweho amafaranga menshi ndetse yari anitezweho byinshi.

Ntabwo ari we gusa kuko Ikipe y’Ingabo ikomeje ibiganiro byo gutandukana na mugenzi we, Chidiebere Nwobodo nawe wananiwe gufatisha muri iyi kipe.

Icyakora, amakuru avuga ko ibiganiro bikigoye kuko uyu mukinnyi we asaba guhabwa imperekeza y’imishahara y’amezi 12.

APR FC yo yamaze kwitegura gutandukana n’aba bakinnyi kuko yaguze Abanya-Uganda bakina n’ubundi mu mwanya bakinagamo aribo Denis Omedi yaguze kuri Kitara FC ndetse na Hakim Kiwanuka wavuye muri Villa SC.

APR FC ikomeje kwitegura Igikombe cy’Intwari, aho umukino wa mbere izahura na AS Kigali tariki ya 28 Mutarama 2025 saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.

Godwin Odibo yatandukanye na APR FC
Godwin Odibo yabonye iminota mike cyane mu mezi atandatu yari amaze muri APR FC
APR FC ikomeje gushaka uko yanatandukana na Chidiebere Nwobodo
Umukinnyi mushya wa APR FC, Denis Omedi yatangiye gukora imyitozo
Hakim Kiwanuka yaguzwe nyuma y'aho Odibo na Chidiebere bananiwe gufatisha muri APR

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .