Ikipe ya APR FC ni imwe mu zagaragaye cyane muri iyi mpeshyi haba mu bakinnyi binjiye mu ikipe ndetse n’abasohotse mu gihe yanazanye umutoza mushya, Darko Novic, wasimbuye Thierry Froger watandukanye nayo.
Mu gihe habura iminsi ibiri ngo iyi kipe itange urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi izakoresha mu mikino Nyafurika, ubuyobozi bwa APR FC bwatangarije IGIHE ko nta wundi mukinnyi w’umunyamahanga iyi kipe izagura nyuma yo gusinyisha babiri bakomoka muri Nigeria.
Bagize bati “Abakinnyi twagombaga kugura b’abanyamahanga bararangiye. Turi mu biganiro bya nyuma na Odibo, nta wundi tuzongeramo.”
APR FC ikaba isoje iguze abakinnyi b’abanyamahanga barindwi barimo babiri bakomoka muri Nigeria; Chidiebere Johnson Nwobodo wakiniraga Enugu Rangers na Odibo Godwin wakiniraga Sporting Lagos y’iwabo, aho aba bose basatira baciye ku mpande.
Abandi bakinnyi iyi kipe yaguze harimo Abanya-Ghana babiri bakina hagati ari bo Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yassif, myugariro Aliou Souané bakuye muri Sénégal, rutahizamu Mamadou Sy ukomoka muri Mauritania na Mamadou Bah uri kumwe n’ikipe Olimpike ya Mali mu Bufaransa.
Aba bakaba bariyongeyeho Abanyarwanda Mugiraneza Froduard, Olivier Dushimimana, Tuyisenge Arsene na Byiringiro Gilbert, mu gihe umunyezamu Ivan Ruhamyankiko yazamuwe mu ikipe ya mbere.
Abakinnyi ikipe ya APR FC ifite mu mwaka wa 2024-2025.
Abanyezamu
Pavel Ndzila, Ishimwe Pierre na Ruhamyankiko Ivan.
Ba myugariro
Byiringiro Gilbert, Ndayishimiye Dieudonne, Alioune Souane, Nshimiyimana Yunusu, Niyigena Clement, Nshimirimana Ismael na Niyomugabo Claude.
Abakina hagati
Taddeo Lwanga, Dauda Yassif Seidu, Mugiraneza Frodouard, Ruboneka Jean Bosco, Kategeya Elie, Niyibizi Ramadhan, Richmond Lamptey na Mamadou Lamine Bah.
Abakina basatira izamu
Mamadou Sy, Victor Mbaoma Chukuemeka, Chidiebere Johnson Nwobodo, Odibo Godwin, Apam Bemol, Kwitonda Alain na Mugisha Gilbert




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!