Uyu mukino uteganyijwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Ukuboza 2024 saa Cyenda z’i Kigali.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Jimmy Mulisa yatangaje ko Sudani y’Epfo bayifiteho amakuru abafasha kwitwara neza.
Yagize ati “Turifuza gukina uyu mukino nk’uwa nyuma kugira ngo twirinde igututu. Umupira w’iki gihe ni amakuru agufasha gutegura uwo muhanganye, twaganiriye n’umutoza Cassa Mbungo n’andi twakuye kuri interineti. Ni ikipe ifite icyizere iheruka gutsindira imikino itatu kuri iki kibuga ariko irakinika.”
Mulisa yakomeje avuga ko kubura itike yo kwerekeza muri iri rushanwa cyaba ari igisebo ku Rwanda.
Ati “Tumaze iminsi turimo kwitwara neza rero kubura muri iri rushanwa cyaba ari ikimwaro. Abakinnyi barabizi ko ryashyiriweho abakina iwabo rero bazi agaciro karyo.”
Kapiteni Muhire Kevin nawe yunze mu ry’umutoza avuga ko umwuka ari mwiza mu ikipe kandi biteguye kwitwara neza bagashimisha Abanyarwanda.
U Rwanda rurakina uyu mukino rudafite myugariro Byiringiro Gilbert ufite ikibazo cy’imvune mu gihe abandi bose bameze neza.
Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki ya 28 Ukuboza 2024 saa Kumi n’Ebyiri kuri Stade Amahoro.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!