00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma, yizeza abanyarwanda kujya muri CHAN

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 27 December 2024 saa 01:26
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Abakinnyi bakina imbere mu gihugu, yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino wo kwishyura ifitanye na Sudani y’Epfo ku wa Gatandatu mu gushaka itike ya CHAN izaba umwaka utaha muri Kenya, Uganda na Tanzania.

Umukino w’Amavubi na Sudani y’Epfo uteganyijwe kuri Stade Amahoro Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, aho ikipe ya Jimmy Mulisa isabwa kwishyura ikanarenza ibitego 3-2 yatsinzwe mu mukino ubanza wabereye i Juba.

Gutsinda uyu mukino ariko ntibihagije ngo u Rwanda rujye muri iki gikombe, gusa Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Jimmy Mulisa, yavuze ko bagomba kwitwara neza batarebye ibizakurikira.

Ati “Abakinnyi bagomba gukina barwana n’icyubahiro cy’ikipe y’igihugu. Ni byo twakomeje kubabwira ko badakwiye kureba ibindi ahubwo dukora ibishoboka byose tugatsinda”.

Mbere y’imyitozo, uyu mutoza w’Amavubi yijeje Minisitiri mushya wa Siporo, Nelly Mukazayire, wari wasuye ikipe ko bameze neza ndetse nta mukinnyi ufite ikibazo uretse abavunitse bagasimbuzwa.

Kapiteni w’Amavubi, Muhire Kevin, yatangaje ko bafite icyizere ko bazajya muri CHAN kandi ko uko byagenda kose bazatsinda Sudani y’Epfo kuko amakosa yose bakoze barangije kuyakosora.

Amavubi arasabwa gusezerera Sudani y’Epfo agasigara ategereje kuba ikipe imwe muri ebyiri CAF izafata zizasimbura Tuniziya na Libya zasezerewe muri iri rushanwa.

Umwanya umwe wo guhagararira Akarere ka CECAFA muri CHAN kuri ubu ufitwe na Sudani nyuma yo gutsinda imikino yombi yahuriyemo na Tuniziya, gusa hari icyizere kinini ko aka karere kazongererwa undi mwanya nyuma y’isezera ry’ibihugu by’Abarabu nk’uko byagenze mu 2018.

Muhire Kevin yijeje abanyarwanda intsinzi ku wa Gatandatu
Amavubi azahura na Sudani y'epfo ku wa Gatandatu Saa Kumi n'ebyiri
Mulisa yasabye abakinnyi gushyira imbaraga mu mukino batitaye ku bizakurikira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .