00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi yakoranye imyitozo ya nyuma icyizere mbere yo kwerekeza muri Sudani y’Epfo (Amafoto & Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 18 December 2024 saa 10:42
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yakoze imyitozo ya nyuma ku wa Gatatu mbere yo kwerekeza i Juba aho izakirirwa na Sudani y’Epfo mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CHAN 2024.

Uyu mukino ubanza uzaba ku Cyumweru, tariki ya 22 Ukuboza mu gihe uwo kwishyura uzabera mu Rwanda ku wa 28 Ukuboza 2024.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Amavubi yakoreye imyitozo ya nyuma kuri Kigali Pelé Stadium mu gihe abakinnyi bazahaguruka i Kigali ku wa Kane saa Yine za mu gitondo, mu rugendo ruzanyura i Addis Ababa muri Ethiopia.

Ni imyitozo yakozwe mu bice bibiri birimo kongera ingufu n’amayeri yo mu kibuga, ariko itasojwe na Bayisenge Emery wagonganye na mugenzi we akajya kwicara hanze yitabwaho n’abaganga.

Uyu myugariro wa Gasogi United, yari yabwiye itangazamakuru ko yishimiye gusubira mu Ikipe y’Igihugu ndetse yiteguye guhanganira umwanya akongera gukina.

Ni Amavubi afite icyizere cyo kwitwara neza nk’uko byagarutsweho n’Umutoza Jimmy Mulisa wavuze ko bazubakira ku mikino baheruka gutsinda irimo uwa Nigeria.

Ati "Hari ibintu byinshi byahinduste mu Ikipe y’Igihugu, hari imyumvire yahindutse mu bakinnyi. Mfite icyizere ko uko kwitwara neza dufite mu gushaka itike ya CAN n’Igikombe cy’Isi dushobora kubikoresha tukabona itike ya CHAN."

Yakomeje agira ati "Mu bakinnyi bakinnye muri Nigeria harimo bane cyangwa batanu, bameze nk’abayobozi, bashobora gufasha bagenzi babo. Bimpa icyizere ko dushobora kwitwara neza imbere ya Sudani y’Epfo."

Kapiteni w’Amavubi, Muhire Kevin, yabwiwe n’umunyamakuru ko nta cyizere cyinshi bafite bitewe n’ibibazo byavuzwe muri iyi kipe yatangiye umwiherero ku Cyumweru, undi amusubiza ko iyo badahabwa amahirwe ari bwo bitwara neza.

Ati "Twiteguye neza, uyu munsi ni uwa gatatu twitegura, umwuka ni mwiza mu ikipe. Icyo tugiye gukora muri Sudani y’Epfo turakizi, twiteguye guha ibyishimo abakunzi b’Ikipe y’Igihugu. Iyo ikipe imeze gutyo iba itanga icyizere kuko ibivugwa hanze si byo biba mu kibuga."

Mu ijonjora rya mbere, Amavubi yasezereye Djibouti mu gihe Sudani y’Epfo yakuyemo Kenya.

Umutoza Jimmy mulisa agera kuri Kigali Pelé Stadium aho Amavubi yakoreye imyitozo
Abakinnyi b'Amavubi baganira mbere yo gutangira imyitozo
Serumogo Ali ni umwe mu bakinnyi bongerewe mu Ikipe y'Igihugu nyuma kubera imvune Omborenga yagize
Buregeya Prince aganira na Niyomugabo Claude
Kanamugire Roger, Hakizimana Adolphe na Bugingo Hakim baganira hagati yabo
Umutoza Jimmy Mulisa aha amabwiriza abakinnyi mbere yo gutangira imyitozo
Amavubi ategerejweho kubona itike ya CHAN yari yabuze mu 2022
Bayisenge Emery aganiriza itangazamakuru
Umutoza Jimmy Mulisa aganira na Habimana Sosthene waje kumwungiriza asimbuye Rwasamanzi Yves
Niyomugabo Claude yavuze ko impamvu abakinnyi ba APR FC batinze kugera mu Ikipe y'Igihugu ari uko bari bananiwe
Umunyezamu Muhawenayo Gad asimbuka mu kirere ngo afate umupira
Muhire Kevin yavuze ko biteguye gushimisha Abanyarwanda
Bayisenge Emery ntiyasoje imyitozo kubera imvune
Muhire Kevin agerageza gucenga Nsabimana Aimable
Mbonyumwami Taiba ni umwe mu bashobora gushingirwaho mu busatirizi

Amafoto: Kasiro Claude

Video: Byiringiro Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .