00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi yabonye abakinnyi bose bahamagawe, Nigeria yakira abandi umunani

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 18 March 2025 saa 09:00
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yamaze kwakira abakinnyi bayo bose barimo 15 bakina hanze, mu gihe Nigeria zizahura ku wa Gatanu, yo yakiriye abandi umunani ikagira abakinnyi 14 mu mwiherero.

U Rwanda na Nigeria bizahurira mu mukino w’Umunsi wa Gatanu wo mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, uzabera muri Stade Amahoro ku wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe, Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba.

Amakipe yombi akomeje imyitozo ndetse ku ruhande rw’u Rwanda, Amavubi akora kabiri ku munsi, mu gitondo na nimugoroba.

Kuri ubu, Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Adel Amrouche, yamaze kwakira abakinnyi bose yahamagaye aho Nshuti Innocent na Mutsinzi Ange bageze mu mwiherero mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri.

Abandi bari bageze mu mwiherero ku mugoroba wo ku wa Mbere, ariko batakoranye imyitozo na bagenzi babo ni Hakim Sahabo, Kwizera Jojea na Ntwari Fiacre.

Myugariro Omborenga Fitina na Nshimiyimana Yunussu, bombi bashobora kudakorana n’abandi imyitozo kuri uyu wa Kabiri nyuma yo kubura umubyeyi wabo witabye Imana ku mugoroba wo ku wa Mbere.

Ku rundi ruhande, Ikipe y’Igihugu ya Nigeria na yo yakoze imyitozo yo muri ‘Gym’ ku wa Mbere kubera abakinnyi bake yari ifite i Kigali.

Umutoza wayo, Éric Sékou Chelle, ashobora gukoresha imyitozo ya mbere kuri uyu wa Kabiri nyuma yo kwakira abandi bakinnyi umunani, akagira 14 mu mwiherero.

Abageze muri Super Eagles mu ijoro ni Simon Moses, Victor Boniface, Raphael Onyedika, Jordan Torunarigha, Stanley Nwabali, Samuel Chukwueze, Bright Osayi na Igho ogbu.

U Rwanda ruyoboye Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi n’amanota arindwi mu gihe Nigeria ifite amanota atatu yakuye mu mikino itatu yanganyije.

Umutoza w'Amavubi, Adel Amrouche, yamaze kwakira abakinnyi 28 barimo 15 bakina hanze
Rafael York ukina mu Misiri, yakoranye imyitozo na bagenzi be ku wa Mbere
Mugisha Bonheur na we ari mu bakina hanze bamaze gutangira imyitozo
Samuel Gueulette yatangiranye imyitozo n'abandi ku Cyumweru
Uwumukiza Obed ukinira Mukura VS, yahamagawe nyuma ngo asimbure Byiringiro Gilbert wavunitse
Manishimwe Djabel ukina muri Iraq, ni umwe mu bakinnyi 15 bakina hanze bahamagawe
Omborenga Fitina na murumuna we Nshimiyimana Yunussu bamenye ko bapfushije umubyeyi wabo nyuma yo kuva mu myitozo
Rubanguka Steve ari mu bakinnyi babonye iminota yo gukina mu mwaka ushize
Muhire Kevin mu myitozo yo ku wa Mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .