00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi ashobora gutakaza imyanya itandatu ku rutonde rwa FIFA

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 26 March 2025 saa 02:42
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ishobora kuzatakaza imyanya itandatu ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), kubera kwitwara nabi mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Urutonde ruheruka gusohoka mu Ukuboza 2024, Amavubi yari ku mwanya wa 124. Icyakora mu mikino ibiri yakinnye muri Werurwe 2025 yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0, mu gihe yanganyije na Lesotho igitego 1-1.

Uyu musaruro nkene watumye iyi kipe itakaza amanota arindwi, arimo atanu yo kuri Super Eagles ndetse n’abiri ya Lesotho. Ibi bituma itakaza imyanya itandatu, ikava ku mwanya wa 124 ikajya k’uwa 130.

Muri Afurika, ibihugu byitwaye neza cyane ni Côte d’Ivoire, Gabon, Zimbabwe na Sierra Leone bizazamuka imyanya itanu.

Ni mu gihe ibyitwaye nabi ari Guinée-Bissau yatakaje imyanya umunani, u Rwanda itandatu na São Tomé et Príncipe yatakaje itanu.

Muri rusange byitezwe ko nta mpinduka zizaba mu bihugu 10 bya mbere ku Isi, biyobowe na Argentine, u Bufaransa na Espagne.

Biteganyijwe ko urutonde ntakuka ruzasohoka tariki ya 2 Mata 2025.

Kunganya na Lesotho bishobora kuzatuma Amavubi atakaza amanota abiri
Gutsindwa na Nigeria bizatuma Amavubi atakaza amanota atanu
Amavubi ashobora kuzatakaza imyanya itandatu ku rutonde rwa FIFA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .