00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amahitamo agoye mu kibuga hagati n’ubwugarizi bwo kwibazaho: Isesengura ku Amavubi yitegura Nigeria

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 17 March 2025 saa 02:58
Yasuwe :

Nyuma y’amezi ane, Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ igiye gusubira mu kibuga aho izahera kuri Nigeria yaherukaga gutsinda ibitego 2-1 mu mukino wasoje urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025.

Ni umukino uzaba utandukanye, wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, ugiye kuba nyuma y’impinduka zinyuranye zabaye mu batoza no mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu.

Ubwo Amavubi yaherukaga gukina na Nigeria muri Nzeri n’Ugushyingo, akayikuraho amanota ane, yatozwaga n’Umudage Frank Spittler Torsten utarongerewe amasezerano, agasimbuzwa na Adel Amrouche.

Amrouche yanze kujya kure y’ikipe yubatswe na Torsten

Ku Cyumweru, tariki ya 16 Werurwe, ni bwo Amavubi yatangiye kwitegura Nigeria na Lesotho mu mikino y’Umunsi wa Gatanu n’uwa Gatandatu yo mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Mu Ikipe y’Igihugu yahamagawe n’Umunya-Algeria Adel Amrouche wungirijwe na Nshimiyimana Eric n’Umudagekazi Dr. Carolin Braun, nta mpinduka zikomeye zabayemo uretse kugarura Hakim Sahabo na Rafael York bari barashyizwe ku ruhande na Torsten kubera kutumvikana na bo.

Ni mu gihe abakinnyi bagiriwe icyizere kuri iyi nshuro, bataherukaga guhamagarwa, barimo umunyezamu Ishimwe Pierre, Manishimwe Djabel na Habimana Yves wa Rutsiro FC wahamagawe ku nshuro ya mbere nk’uko bimeze kuri Uwumukiza Obed wa Mukura Victory Sports, we witabajwe nyuma ngo asimbura Byiringiro Gilbert wavunitse.

Muri rusange, byari bigoye ko Amrouche yajya kure ikipe yari isanzwe ihamagarwa dore ko yahawe akazi mu byumweru bibiri bishize ndetse bigoye ko yari kuba amaze gukurikirana abakinnyi bose b’Ikipe y’Igihugu aho bakina.

Ubwugarizi n’izamu ry’Amavubi biri mu biteye inkeke

Mu mwaka ushize, kimwe mu byo abakunzi b’Ikipe y’Igihugu bibazagaho cyane ni ubusatirizi bwayo kubera kutabona ibitego byinshi ndetse ugasanga amahitamo amwe ahari ari Nshuti Innocent wakinaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu aheruka kujya muri Azerbaijan.

Icyo kibazo cyabaye igisanzwe ndetse kuri iyi nshuro nta mpinduka zitezwe mu busatirizi, ahubwo ibyo kwibaza biri ku izamu n’ubwugarizi bw’Ikipe y’Igihugu.

Ntwari Fiacre wari umaze iminsi ari umunyezamu wa mbere, ndetse afatiye runini Amavubi, amaze iminsi adakina muri Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, ni nyuma yo kuvunikira mu mukino u Rwanda rwatsinzemo Nigeria ibitego 2-1 mu Ugushyingo.

Imvune y’uyu munyezamu yakurikiwe no kutishimirwa n’Abanya-Afurika y’Epfo bamushinje kubatsindisha, atakaza umwanya ubanza mu kibuga.

Buhake Clément wasimbuye mu mukino uheruka, yongeye guhamagarwa nk’uko bimeze kuri Maxime Wenssens umaze igihe nta kipe afite afite na Ishimwe Jean Pierre wa APR FC.

Kuba Amavubi agiye gukina iyi mikino ibiri adafite Imanishimwe Emmanuel wavunikiye muri AEL Limassol yo mu Cyiciro cya Mbere muri Chypre muri Mutarama, na byo ni ikindi gihombo ku Ikipe y’Igihugu igomba gushakira ibisubizo hagati ya Niyomugabo Claude na Bugingo Hakim.

Amrouche azagorwa no guhitamo abakinnyi abanza mu kibuga hagati

Urebye mu Ikipe y’Igihugu yahamagawe, benshi mu bakinnyi bakina hagati mu kibuga, bamaze iminsi bahagaze neza ku buryo bigoye kumenya batatu bashobora gutangira.

Rubanguka Steve, Mugisha Bonheur, Bizimana Djihad, Samuel Guelette na Muhire Kevin bari bamaze iminsi bavamo batatu bakina hagati h’Amavubi, ariko ubu hiyongereyemo Hakim Sahabo umaze iminsi yitwara neza mu Bubiligi na Rafael York wajyaga yitwara neza ubwo aheruka guhamagarwa.

Aba bakinnyi kandi bazahaganira umwanya n’abandi barimo Ruboneka Bosco, Manishimwe Djabel na Ishimwe Anicet.

Umutoza Adel Amrouche ashobora kutagorwa cyane no kubona amahitamo mu busatirizi aho Kwizera Jojea, Nshuti Innocent na Mugisha Gilbert bashobora gushaka ibitego nubwo uyu wa nyuma amaze iminsi adahagaze neza muri APR FC.

Umutoza mushya w'Amavubi, Adel Amrouche, ategerejweho gukomereza ku ho Spittler yasize u Rwanda mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
Amavubi yatangiye kwitegura imikino Amavubi azahuramo na Nigeria na Lesotho muri iki cyumweru
Ntwari Fiacre usanzwe ari umunyezamu wa mbere w'Amavubi amaze iminsi adakina muri Kaizer Chiefs
Imanishimwe Emmanuel ukina inyuma ibumoso, ntiyahamagawe kubera imvune yagiriye muri Chypre aho akina
Amavubi ni yo ayoboye Itsinda C ryo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026
Hakim Sahabo ari mu bakinnyi bataherukaga guhamagarwa kandi bahagaze neza, aho abanza mu kibuga mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi
Rafael York na we yongeye guhamagarwa nyuma y'igihe kinini ashyizwe ku ruhande

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .