00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Algérie: Stade yagwiriye abafana, batatu bahasiga ubuzima

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 June 2025 saa 08:33
Yasuwe :

Abantu batatu bapfuye nyuma y’uko igice cyo hejuru cya Stade yo muri Algérie cyaguye ubwo MC Alger yari imaze gukina umukino wayihesheje igikombe cya shampiyona.

Minisiteri y’Ubuzima muri Algérie yatangaje aya makuru, yavuze kandi ko abarenga 10 bakomeretse ubwo igice cyo hejuru gitangira abafana muri stade cyagwaga kubera abishimiraga gutwara igikombe.

Itangazamakuru ryo muri icyo gihugu ryavuze ko abafana bari hejuru bahise bahanuka bagwa mu gice cyo hasi cya Stade du 5 Juillet.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu barenga 70 ari bo bajyanywe mu bitaro bitatu, yongeraho ko abenshi muri bo bamaze gusezererwa.

Ni mu gihe abakinnyi n’abayobozi ba MC Alger bagiye ku bitaro gutanga amaraso ku nkomere nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters).

Stade yari yuzuye abafana ba MC Alger bashakaga kongera kubona ikipe yabo yisubiza igikombe cya shampiyona yaherukaga mu mwaka w’imikino ushize.

Nubwo byari birori mu gihe cy’umukino, gutanga igikombe byahise bisubikwa kubera ibyabaye muri stade.

Perezida wa Algérie, Abdelmadjid Tebboune, yihanganishije abagize ibyago, anifuriza abakomeretse gukira vuba.

Uyu mukino wasize MC Alger itwaye Shampiyona ya Algérie ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, warangiye inganyije na NC Magra ubusa ku busa.

Stade du 5 Juillet yari yuzuye abafana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .