Uyu mukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 54, mu mukino wa mbere bakinnye na Bénin, yaje kubona indi bakina na Zimbabwe ku munota wa 52, mu mukino y’Umunsi wa Kane.
Aya makarita ntiyamwemereraga kugaragara ku mukino wa Lesotho ariko byarangiye awukinnye.
Iyo bimeze gutya, nta mpaka zikunze kubaho kuko biheruka no kuba k’u Rwanda ubwo narwo rwaterwaga mpaga na Bénin, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu 2023.
Mu gihe yaterwa mpaga, Afurika y’Epfo yatakaza umwanya wa mbere mu Itsinda C, yari imaze iminsi iyoboye n’amanota 10 bityo ikagira arindwi.
Atatu yakuweho yahabwa Lesotho ikagira umunani bityo ikava ku mwanya wa gatanu ikaba iya gatatu.
Kuri uyu wa kabiri, imikino irakomeza muri iri tsinda, aho Afurika y’Epfo ikina na Bénin, u Rwanda rukine na Lesotho, mu gihe Nigeria yakira Zimbabwe. Imikino yose iteganyijwe Saa Kumi n’Ebyiri.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!