00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Academy ya Bayern Munich igiye gushaka izindi mpano

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 July 2024 saa 10:57
Yasuwe :

Hagiye gushira umwaka FC Bayern Munich itoranyije abana bajya mu irerero ryayo iri yafunguye mu Rwanda nyuma yo kugirana narwo imikoranire irimo no kuzamura impano z’abakiri bato.

Ku ikubitiro iri rerero ryahisemo abana 43 bagombaga gutyarizwa gukina ruhago mu bihe biri imbere ariko bikagendana n’uko bazakomeza kwitwara igihe bari mu mwiherero.

Bidaciye kabiri abagera kuri 20 basanzwe baragabanyije imyaka bituma basezererwa mu mwiherero ndetse ababigizemo uruhare barakurikiranwa.

Abatoza bayobowe na Bernhard Hirmer bakomeje kwigisha abasigaye umupira w’amaguru ariko mu isuzuma bakoze basanze bamwe bazakomeza kubakurikiranira mu yandi marerero n’amashuri ku bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Amashuri.

Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), ryashyize hanze uko ibikorwa byo gushaka abandi bana bizagenda bigendanye n’uturere ndetse n’aho bizabera.

Muri Centre zigisha ruhago zigera kuri 320, hazatangwa abana barenga 750 bazakurwamo abeza kurusha abandi bakajya gukomeza kwiga umupira w’amaguru.

Gushaka izindi mpano bizahera mu Mujyi wa Kugali ku wa 17 Nyakanga 2024, hakazakurikiraho kujya mu Ntara y’Amajyepfo, Amajyaruguru, Iburengerazuba ndetse n’Iburasirazuba.

Binyuze mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), u Rwanda rwasinyanye amasezerano n’Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage aho izamenyekanisha ubukerarugendo bwarwo binyuze mu kurwamamaza muri stade yayo ya Allianz Arena.

Muri aya masezerano y’imyaka itanu, Bayern Munich izafasha u Rwanda guteza imbere ruhago uhereye mu bakiri bato bazigishwa ruhago.

Hagiye gushakwa abandi bana bajya mu Irerero rya Bayern Munich mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .