00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 1000 bitezwe mu iserukiramuco ry’abafana ba Arsenal rizabera mu Rwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 30 March 2025 saa 11:05
Yasuwe :

Abafana barenga 1000 bitezwe mu iserukiramuco ry’abafana ba Arsenal bo muri Afurika, rizabera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Iki gikorwa kigiye kuba ku nshuro ya gatandatu, giteganyijwe tariki ya 18 kugeza ku ya 20 Mata 2025.

Umuyobozi w’Abafana ba Arsenal bibumbiye mu itsinda rya Rwanda Arsenal Fans Community (RAFC), Bigango Valentin, yavuze kubikorwa biteganyijwe.

Yagize ati “Igikorwa gikomeye dufite ni icy’ubugiraneza, aho tuzafasha Aheza Healing and Career Center iherereye mu Bugesera, isanzwe ifasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Iri tsinda rizatanga ‘studio’ izajya yifashishwa mu gutunganya inkuru zitandukanye zigaragaza ibyo Aheza Healing and Career Center ikora.

Si ibyo gusa kuko hateganyijwe na gahunda yo gutera ibiti bazifatanyamo na Orion BBC.

Hanateganyijwe kandi ibikorwa by’ubukerarugendo buzabera muri Kigali, aho bazasura Stade Amahoro, BK Arena n’ibindi bice.

Hazanaba kandi imikino itandukanye y’ubusabane, aho aba bafana bazanarebana hamwe umukino wa Arsenal na Ipswich Town.

Iki gikorwa ntabwo kireba abafana ba Arsenal gusa n’abandi makipe bemerewe ku kitabira.

Iki gikorwa cyaherukaga kubera mu Rwanda mu 2018, aho kuri iyi nshuro kizitabirwa n’ibihugu birenga 14 nk’u Rwanda, Ghana, Sudani y’Epfo, Nigeria, Kenya, Uganda, Zambia, u Burundi, Zimbabwe, Tanzania, Namibia.

Arsenal n’ikipe ifite aho ihuriye n’u Rwanda kuko kuva mu 2018, irwamamaza binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yambara ku kaboko k’ibumoso.

Umuyobozi wa RAFC, Bigango Valentin yatangaje ko iki gikorwa ari kizaba umwanya mwiza wo kumenyekanisha u Rwanda
Perezida wa Orion BBC, Mutabazi James yasobanuye uko gahunda yo gutera ibiti izakorwa
Abafana ba Arsenal bakinnye Basketball n'abakinnyi ba Orion
Iki gikorwa cyitabiriwe n'abafana batandukanye ba Arsenal
Abafana ba Arsenal baboneyeho umwanya wo guconga ruhago
Abafana ba Arsenal bo mu Rwanda biteguye kuzakira bagenzi babo bazava mu bihugu 14 byo muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .