Iri shyirahamwe ryakomeje ritangaza ko ibi byakozwe mu gufasha abanyeshuri kwishimira iminsi mikuru.
Uyu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024).
Amavubi arasabwa gutsinda kugira ngo yizere kuzabona amahirwe yo kwerekeza mu baturanyi bazakira iri rushanwa.
Mu mukino ubanza, Sudani y’Epfo yatsinze u Rwanda ibitego 3-2, bigabanya amahirwe yarwo yo kuzabona itike y’iri rushanwa.
Mu mibare, u Rwanda rwamaze gusezererwa gusa rurasabwa gutsinda umukino w’uyu munsi kugira ngo rwishyire mu mwanya wo kuzahabwa amahirwe yo gusimbura, ibihugu by’Abarabu byikuye muri iri rushanwa.
Si abanyeshuri gusa bahawe aya mahirwe kuko FERWAFA yanatangaje ko hari abafana 2000 bari bwinjirire ubuntu hagati ya Saa Saba n’igice na Saa Kumi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!