Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) yashyize hanze urutonde rw’abasifuzi 50 bazaba bahagarariye iyi mikino izabera muri Maroc kuva tariki ya 30 Werurwe kugeza ku ya 19 Mata 2025.
Abo barimo Rulisa Patience na Umutoni Aline bazaba ari bakuru kuko bazakora mu kibuga hagati.
Ishimwe Didier na Umutesi Alice bazaba ari abasifuzi bo ku ruhande cyangwa abakunze kwitwa ab’igitambaro. Ni mu gihe, Twagirumukiza Abdoulkarim azakora kuri Video Assistant Referee (VAR).
Muri rusange iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe 16 ari yo Maroc, Tanzania, Uganda, Zambia, Burkina Faso, Cameroun, Misiri na Afurika y’Epfo.
Hari kandi Gambia, Sénégal, Somalia, Tunisia, Angola, Mali, Côte d’Ivoire na Centrafrique.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!