Jayed Jalal uzaba uri mu kibuga hagati azungirizwa na Mostafa Akarkad na Hamza Nassiri basifura ku ruhande, bombi bari i Kigali mukino u Rwanda rwanganyijemo na Nigeria 0-0 umwaka ushize.
Kech Chaf Mustapha azaba ari umusifuzi wa kane nk’uko byari bimeze muri Nigeria ubwo u Rwanda rwahakuraga intsinzi y’ibitego 2-1. Uyu yanasifuriye APR FC mu mukino yasezereyemo AZAM FC muri CAF Champions League.
Iyi ni inshuro ya gatatu yikurikiranya u Rwanda ruhabwa abasifuzi bakomoka muri Maroc mu mukino rwahuyemo na Nigeria, aho izindi ebyiri zabanje Amavubi yanganyirije i Kigali 0-0, akanatsindira muri Nigeria ibitego 2-1.
Nyuma y’iminsi ine, u Rwanda ruzongera rwakire undi mukino kuri Stade Amahoro. Ruzakira Lesotho tariki 25 Werurwe 2025, mu mukino wo uzayoborwa n’umusifuzi ukomoka muri Cameroon, Effa Essouma Antoine Max Depadoux.
Uyu azaba yungirijwe na Noupue Nguegoue Elvis Guy bava mu gihugu kimwe, mu gihe umusifuzi wa kabiri wungirije we akomoka muri Centrafrique, Oriya Zaoubaye Wilfried De Bozor. Umusifuzi wa kane na we ukomoka muri iki gihugu azaba ari Kolissala Mbangui Andre Onesime.
Mu itsinda C ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi, u Rwanda ni urwa mbere n’amanota arindwi, runganya na Afurika y’Epfo na Lesotho bagatandukanywa n’ibitego. Lesotho iza ku mwanya wa kane n’amanota atanu mu gihe Nigeria ari iya gatanu n’amanota atatu.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!