00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi bo kwitega mu mukino w’Amavubi na Sudani y’Epfo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 December 2024 saa 12:30
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda n’iya Sudani y’Epfo zamaze gukora imyitozo ya nyuma zitegura umukino ugomba kuzihuza mu gushaka itike yo kujya muri CHAN 2024.

Ni umukino uza kuba ukomeye impande zose, cyane ko ari mu ijonjora rya kabiri amakipe yombi agezemo nyuma yo gusezerera Djibouti na Kenya mu ijonjora rya mbere.

Uyu mukino ubanza uteganyijwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Ukuboza 2024, muri Juba International Stadium.

Tugiye kurebera hamwe abakinnyi beza bo kwitega muri uyu mukino bigendanye n’imyanya bakinaho cyangwa se uko baza kuba bahanganye ku makipe yombi.

Muhire Kevin

Muhire Kevin ni umukinnyi wo mu kibuga hagati ukinira Rayon Sports, akaba ari umwe mu bitezwe kuri uyu mukino kuko usibye no kuba ari we kapiteni, amaze igihe kinini ari mu bihe bye byiza.

Ategerejweho akazi katoroshye na gato kuko aza kuba ari mu kibuga hagati, aho Sudani y’Epfo ikunze kwifashisha cyane. Ni umukinnyi umaze kumenyera imikino y’Amavubi kuko adasiba guhamagarwa kuva mu 2021.

Muhire Kevin yitezweho kuyobora umukino w'Amavubi

Ezibon Ebon

Umukinnyi wo hagati wa Sudani y’Epfo, Ebon Ezibon, ni umwe mu bitezwe kuri uyu mukino kuko imbere y’incundura atajenjeka, dore ko no mu mukino wahuje iyi kipe na Kenya yinjije igitego kimwe muri bibiri byatumye bakomeza.

Uyu mukinnyi wa Jamus FC itozwa n’Umunyarwanda André Casa Mbungo ashobora guha Abanyarwanda akazi katoroshye.

Ezibon Ebon ni rutahizamu utazuyaza imbere y'incundura

Niyigena Clément

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Niyigena Clément, ni umwe mu bagenderwaho muri Shampiyona y’u Rwanda muri APR FC, akaba ari we ugomba kuyobora ubwugarizi bwayo kuri uyu mukino.

Niyigena kandi na we ari mu bakinnyi bamaze kumenyera uyu mwanya kuko mu mikino ibiri iheruka ya yahuje u Rwanda na Djibouti ari umwe mu bakoze akazi katoroshye mu kugarira.

Myugariro Niyigena Clement yiteguye guhura na Sudani y'Epfo

Juma Yohanna

Yohanna Juma Paulino na we ni rutahizamu wa Jamus FC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Sudani y’Epfo kandi agaragaza ubuhanga mu kibuga.

Yohanna w’imyaka 25, yinjije igitego mu mukino wahuje ikipe ye na Congo Brazzaville mu matsinda yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afuka gusa ntibyagira icyo bitanga kuko basezerewe.

Yohanna Juma Paulino wa Jamus FC ari mu bakinnyi ngenderwaho mu Ikipe y'Igihugu ya Sudani y'Epfo

Dushimimana Olivier

Rutahizamu w’Amavubi ukinira APR FC yitezweho kongera gutanga akazi nk’uko yabigenje mu mukino Ikipe y’u Rwanda yasezereyemo Djibouti mu ijonjora rya mbere.

Dushimimana yinjije ibitego bibiri muri uyu mukino u Rwanda rwatsinzemo 3-0, ndetse bikaba byitezweko ari umwe mu bo Jimmy Mulisa abanza mu kibuga bakamufasha gutanga umusaruro.

Dushimimana Olivier ni we wafashije u Rwanda gukuramo Djibouti

Taban Samuel

Myugariro Taban Samuel ni umwe mu bo Sudani y’Epfo ifite kandi bitwara neza mu Ikipe y’Igihugu yaba iy’abakina imbere mu gihugu cyangwa ivanze n’abakina hanze.

Muri uyu mukino nta kandi kazi ategerejweho usibye gutuma u Rwanda rutabona ibitego biturutse kuri ba rutahizamu basatira banyuze mu ruhande rw’ibumoso rushobora gukinaho Mugisha Gilbert cyangwa Iraguha Hadji.

Taban Samuel ni umwe mu bakinnyi bo kwitega mu mukino ukomeye w'Amavubi na Sudani y'Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .