00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore barenga 2700 bamaze kwinjira mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 April 2025 saa 07:29
Yasuwe :

Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) rimaze kugira abari n’abategarugori 2737 bari mu bikorwa bitandukanye by’umupira w’amaguru mu gihugu.

FERWAFA igaragaza ko kugeza ubu mu Cyiciro cya Mbere cya Shampiyona y’u Rwanda harimo amakipe 12 y’abagore, yose hamwe arimo abakinnyi bagera kuri 360.

Amakipe makuru kandi afite ay’abato ayashamikiyeho y’abatarengeje imyaka 17, aho umubare w’abakobwa bayakinira ugera kuri 289.

Muri uyu mwaka w’imikino wa 2024/25, mu Cyiciro cya kabiri harimo amakipe 34 agizwe n’abakinnyi 984, mu gihe abakina shampiyona y’abatarengeje imyaka 20 bagera kuri 870, bakina mu makipe 30.

Aba bakinnyi bose bagira abatoza babareberera umunsi ku munsi, aho kugeza ubu abatoza 13 b’abagore bamaze kugera ku rwego rwa License D, 92 bakagira Licence C, mu gihe 68 bafite Licence B.

Ikindi cyiciro kiri kugaragaramo abagore mu mupira w’amaguru ni mu kazi ko gusifura, kuko abasifuzi batanu basifura mu Cyiciro cya Mbere mu bagabo, mu cya Kabiri hakabamo 25, mu gihe mu cya gatatu gikinwa n’abagabo harimo abasifuzi b’abagore 31.

Amashyirahamwe arimo na FERWAFA ashishikarizwa buri munsi kongera umubare w’amakipe y’abagore, gutanga amahugurwa mu batoza ndetse n’abasifuzi kugira ngo izi nzego zirusheho kwitabirwa.

Gusa hari gahunda zashyizweho zo gutoza abana imikino itandukanye harimo n’iya Isonga-AFD, umushinga uhuriweho na Minisiteri ya Siporo mu Rwanda ndetse n’Ikigo cy’Iterambere mu Bufaransa, Agence Française de Développement (AFD).

Aha harimo abana bagera kuri 599 bagizwe n’abahungu 347 ndetse n’abakobwa 252.

Abagore bakina ruhago mu Rwanda bamaze kurenga 2700
Amakipe y'abagore mu Rwanda akomeje kwiyongera
Abasifuzi b’abagore bagira uruhare mu gusifura imikino yabo
Umutoni Aline ni umwe mu basifuzi b'abagore b'abahanga muri Shampiyona y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .