00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abafana ba Kiyovu Sports batabaje Perezida wa Repubulika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 December 2024 saa 11:01
Yasuwe :

Abafana ba Kiyovu Sports batabaje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kubera ibibazo uruhuri irimo bishobora gutuma imanuka mu Cyiciro cya Kabiri.

Ni igikorwa aba bafana bakoze mu mukino ikipe yabo yatsinzwemo na APR FC ibitego 3-0 mu mukino w’Umunsi Kane wa Shampiyona wabaye ku wa Gatatu, tariki 11 Ukuboza 2024.

Aba bafana bari bitwaje ibyapa byanditseho amagambo atabaza Perezida Kagame bavuga ko ikipe yabo iri mu manga.

Ubu butumwa bwagiraga buti “Nyakubabwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, abakunzi ba Kiyovu Sports turatabariza ikipe yacu, ngo mudukure mu manga turimo.”

Urucaca ruri ku mwanya wa nyuma muri Shampiyona n’amanota arindwi gusa. Iyi kipe iri mu bibazo bikomeye yatewe n’imyenda yari ibereyemo abahoze ari abakinnyi bayo.

Perezida wayo, Nkurunziza David aherutse gutangaza ko ibihano bafatiwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), byatumye badakinisha abakinnyi 13 bari baguze.

Si ibyo gusa kuko iyi kipe ifite n’ibibazo bikomeye by’amikoro bituma abakinnyi bayo badahembwa nubwo mbere y’uyu mukino yari yagabanyije umwenda.

Abafana ba Kiyovu Sports batabaje Perezida Kagame
Umufana ukomeye wa Kiyovu Sports, Aziz ni we wazanye icyapa gitabaza
Tuyisenge Arsène yafunguye amazamu
Lamine Bah na Alioum Souane bishimira igitego cya kabiri
Kiyovu Sports ikomeje kugana ahabi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .