00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntabwo mbyizeye 100% - Muhire Kevin wongeye kuvunika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 February 2025 saa 08:01
Yasuwe :

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, yatangaje ko atizeye niba azaboneka ku mukino w’Amagaju FC, nyuma yo kugira imvune ubwo basezereraga Rutsiro FC mu Gikombe cy’Amahoro.

Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 bisanga ibindi 2-1 byo mu mukino ubanza, iyisezerera mu Gikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 4-1 mu mikino yombi.

Ni umukino Gikundiro yatakajemo Kapiteni Muhire Kevin na rutahizamu Fall Ngagne.

Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Muhire yavuze ko n’ubundi yabwiwe gukina atameze neza. Ibi byatumye ku munota wa 30 asohoka mu kibuga.

Ati “Nagize imvune ku mukino wa Kiyovu. Bambwiye ko ngomba gukina uyu munsi ariko ntabwo nari niteguye.”

Abajijwe niba azi igihe azamara hanze y’ikibuga cyangwa azanaboneka ku mukino w’Amagaju FC uteganyijwe mu mpera z’icyimweru, yavuze ko atabyizeye neza.

Ati “Ntabwo mbyizeye neza 100%. Sindamenya igihe neza, ndabanza guhura n’abaganga gusa ntabwo imikaya (hamstring) itinda kuko ni icyumweru kimwe cyangwa bibiri."

Ntabwo ari Muhire gusa kuko rutahizamu Fall Ngagne nawe yasohotse mu kibuga ku munota wa 68, bigaragara ko yagize imvune nubwo itari ikanganye.

Mu gihe iyi kipe yabura aba bakinnyi bombi yaba ikomerewe kuko aribo bakomeje kuyifasha kwitwara neza.

Gikundiro izasura Amagaju FC ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Gashyantare 2025 saa 17:00 kuri Stade ya Huye.

Ni umukino ukomeye kuko iyi kipe y’i Nyamagabe izwiho kugora cyane amakipe akomeye.

Muhire Kevin yavunikiye mu mukino wa Kiyovu, mbere yo gutonekarira mu wa Rutsiro FC
Rutahizamu Fall Ngagne nawe yagiriye imvune mu mukino wa Rutsiro FC
Rayon Sports yasezereye Rutsiro FC mu Gikombe cy'Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .