00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

KNC yagereranyije ibyabaye mbere y’umukino wa Rayon Sports na Bugesera FC n’imvugo ya Léon Mugesera

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 May 2025 saa 12:18
Yasuwe :

Umuyobozi wa Radio/TV1 akaba na Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC), yagereranyije ibyabaye mbere y’umukino wa Rayon Sports na Bugesera FC n’imvugo Léon Mugesera yavugiye ku Kabaya mu 1992, muri mitingi y’ishyaka MRND ryari ku butegetsi mu Rwanda muri icyo gihe.

Uyu mukino w’Umunsi wa 28 wa Shampiyona wabereye mu Bugesera, wahagaze ku munota wa 52 ubwo Bugesera FC yari ifite ibitego 2-0.

Ni nyuma ya penaliti yahawe iyi kipe yari mu rugo, mu gihe na Rayon Sports yagaragazaga ko hari penaliti itahawe ku buryo bwabanjirije ubwo.

Umukino wabanje guhagarara iminota irenga 15, abawuyoboye bemeza ko usubikwa kubera ko abafana bateraga amabuye mu kibuga aho amwe yafashe abasifuzi by’umwihariko Ruhumuliza Justin wasifuraga ku ruhande.

KNC yavuze ko imyitwarire y’aba bafana ari ingaruka z’ibyo bari bamaze iminsi bumva mu itangazamakuru ryagaragaza ko ikipe yabo izibwa.

Ati “Ibyabaye mbere y’uyu mukino mu kurema ibyo baremye, ntaho bitandukaniye n’ibya [Léon] Mugesera. Niba dukorera mu gihugu gifite umurongo, ibi na byo bigomba guhinduka.”

Mugenzi we, Mutabaruka Angelbert yahise agira ati "Ahubwo uburyo Kantano yakoreshaga mu guhamagarira abantu kwivumbura."

KNC yakomeje agira ati “Abanyamakuru dufite uruhare runini mu gutuma ibyabaye hariya biba. Numvise ibyavuzwe n’itangazamakuru agahinda karanyica n’abakora iperereza n’ibi mubirebeho.”

“Kubona itangazamakuru rimara iminsi runaka, rivuga uburyo Rayon Sports izibwa. Ni ukuvuga ngo abaje kureba umupira baje bagendeye mu byo itangazamakuru twabashyizemo, dusa nk’aho turi kubategurira kuzakora imvururu.”

KNC yavuze ko itangazamakuru ryishe umupira ndetse rikomeje kwangiza abafana.

Ati "Twebwe itangazamakuru twishe umupira, twangije abafana. Iyo Rayon Sports ifirimbi yagiye ku ruhande nk’uko byagenze ku mukino wa Police FC baravuga ngo abasaza bazi gutegura, bayiba ishyano rikaba ryacitse umurizo.”

“Ibi ni ugufata umwanda tukawutagatifuza, ingaruka zibaye tukaza gusakuza kandi ari twe twakoze ibi bintu. Tumaze kurenga urugero, ingaruka ni ibi byo gushora abaturage mu kavuyo nk’aka.”

Abanyamakuru ba Radio/TV1 bashimangiye ko ubwo Gasogi United yangirwaga igitego ikina na Rayon Sports, abanyamakuru batigeze babivuga, ahubwo babibona nko kwibeshya.

Batanze kandi urugero ku mukino Rayon Sports yatsinzemo Mukura VS mu Gikombe cy’Amahoro, aho Serumogo Ali yatanze umupira wavuyemo igitego yaraririye, ariko na byo ntibivugwe nk’uko ibindi bivugwa.

Ahandi ni ku mukino wa Police FC, aho Kilongozi Richard yateye umupira mu izamu mu minota y’inyongera, Omar Gning wa Rayon Sports akawukuramo bamwe babona ko wageze mu izamu.

Kuri iyo mikino yombi, KNC na Mutabaruka Angelbert bari mu kiganiro Rirarashe bavuze ko itangazamakuru ritabivuze, ahubwo bakagaragaza ko mu gihe nta koranabuhanga rya VAR rihari, icyemezo cy’umusifuzi gikwiye kubahwa.

KNC kandi yanagaragaje ko FERWAFA iri mu bishe umupira, cyane ko ari yo igomba gutanga ubutabera.

Ati “FERWAFA yo ubwayo ni indogobe ipfuye. Niba hari ikintu cyishe umupira burundu ni FERWAFA. Ni uko ntafite ubushobozi nakora impinduka zikomeye. Ni bo bakabaye batanga ubutabera.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Komisiyo y’amarushanwa, imisifurire n’umutekano zabyukiye mu nama irafatirwamo umwanzuro w’ikigomba gukurikira uyu mukino wahagaze utarangiye kubera umutekano muke.

KNC yagereranyije ibyabaye mbere y'umukino wa Rayon Sports na Bugesera FC n'imvugo Léon Mugesera yavugiye ku Kabaya mu 1992
KNC asanga itangazamakuru rifite uruhare rukomeye mu mvururu zagaragaye ku mukino wa Bugesera FC na Rayon Sports
Imvururu zabaye zatumye hari abafana bajyanwa kwa muganga nyuma yo kugira ibibazo bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .