00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Heroes Football Academy yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2025 saa 05:17
Yasuwe :

Abana bigishirizwa umupira w’amaguru mu Irerero rya Heroes Football Academy basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu Karere ka Bugesera, bunamira inzirakarengane z’Abatutsi zirushyinguyemo.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 9 Mata 2025, mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abayobozi n’abana bigishirizwa ruhago muri Heroes Football Academy basuye urwibutso nyuma y’uko ku wa Kabiri, tariki ya 8 Mata, basuwe aho baba n’abayobozi b’Umurenge wa Mayange, bahabwa ikiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Basobanuriwe uko yateguwe, uburyo yashyizwe mu bikorwa ndetse n’uruhare bafite mu kurwanya iyo ngengabitekerezo yatumye Jenoside iba, baharanira kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ikiganiro cyagarutse kandi ku ruhare aba bana bakwiriye kugira muri politiki ya “Ndi Umunyarwanda” kugira ngo bubake hejo hazaza heza kuko ari bo igihugu gihanze amaso mu iterambere no kuba urugero rwiza mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge bizabera andi mahanga urumuri.

Umuyobozi Mukuru wa Heroes Football Academy, Kanamugire Fidèle, yavuze ko bishimiye ikiganiro bahawe kuko n’abana bahawe umwanya wo kuba ibibazo bitandukanye.

Yongeyeho ko kuganiriza amateka ya Jenoside abakiri bato no gusura urwibutso biri mu rwego rwo gufasha abakinnyi b’ejo hazaza kumenya aho igihe cyavuye n’icyo basabwa mu rugendo rwo kubaka ejo hazaza heza.

Heroes Football Academy ibarizwamo abana batarengeje imyaka 17, aho inakina Shampiyona y’abatarengeje iyo myaka itegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA).

Mu bakinnyi banyuze muri Heroes harimo Niyomugabo Claude, Mugisha Bonheur, Uwiduhaye Aboubakar, Kanamugire Roger, Munyeshyaka Gilbert, Byiringiro Gilbert, Ishimwe Patrick, Nduwayo Valeur, Manzi Aimable na Cyubahiro Constantin.

Abandi ni Dushimimana Olivier, Nyarugabo Moïse, Dusingizima Gilbert, Uwimana Guilain, Ngabonziza Guilain, Mudacumura Jackison, Murenzi Patrick na Twizerimana Onesme.

Abana bigishirizwa umupira w’amaguru mu Irerero rya Heroes Football Academy basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata kuri uyu wa Gatatu
Ubwo abagize Heroes Football Academy bashyiraga indabo ku mva zishyinguyemo Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994
Abagize Heroes Football Academy bunamiye inzirakarengane z'Abatutsi zishyinguye mu Rwibutso rwa Nyamata
Heroes Football Academy ibarizwamo abana batarengeje imyaka 17
Umuyobozi Mukuru wa Heroes Football Academy, Kanamugire Fidèle, yavuze ko iki gikorwa gifasha abana kumenya aho igihugu cyavuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .