00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza wa APR BBC yavuze ibanga rizafasha iyi kipe kwikosora muri BAL 2025

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 29 March 2025 saa 09:42
Yasuwe :

Umutoza wa APR BBC, James Maye Jr, yatangaje ko kuba iyi kipe isigaye ifite uburyo bwinshi bw’imikinire ndetse n’abakinnyi beza, bizabafasha kwitwara neza muri BAL 2025 basezerewemo nabi ubwo baheruka muri iryo rushanwa.

Uyu mutoza yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na B&B FM. Umwaka ushize, APR BBC ntiyarenze umutaru muri BAL yari yitabiriye ku nshuro ya mbere. Abajijwe icyo bakosoye uyu mwaka, kizatuma kuri iyi nshuro bitwara neza, Maye yagaraje impamvu zitandukanye.

Yagize ati “Ubushize nk’ikipe ntabwo twari beza, ntabwo twihutaga ariko niba mubibona uyu mwaka buri mukinnyi yaza agatsinda amanota 20. Dufite uburyo bwinshi bw’imikinire, turihuta, rero ntekereza ko ibyo biduha amahirwe menshi yo gutsinda umukino.”

Yakomeje agira ati “Ikindi biduha abakinnyi benshi bo kugenderaho, kuko uwakinnye iminota 30 uyu munsi ntabwo ari yo akina ejo. Ntekereza ko ubwo bwumvane buzadufasha kugira ikipe nziza no kwitwara neza.”

Mu rwego rwo kwitegura neza iri rushanwa, Ikipe y’Ingabo yaguze Jordan Mcrae watwaranye NBA na Cleveland Cavaliers mu 2016 na Nobel Boungou-Colo usanzwe ukina mu Bufaransa.

James Maye yakomeje avuga ko ubuhanga n’ubunararibonye bw’aba bakinnyi buzafasha ikipe.

Ati “Mcrae naramutoje muri Wizards. Ni umukinnyi ufite impano ikomeye, uzi gutsinda cyane. Nobel nawe avuye i Burayi bose ni abakinnyi beza cyane ku bwenge bwabo bwa Basketball.”

Yakomeje agira ati “Ubunararibonye n’ubuyobozi bwabo buzadufasha cyane kuko bakinnye imikino myinshi ikomeye no ku bibuga binini. Ntekereza ibyo bizafasha abakinnyi bacu bakiri bato nka Diarra n’abandi.”

APR BBC ntiratsindwa mu mikino 12 ya Shampiyona imaze gukina. Abajijwe niba aya makipe ari kumufasha kwitegura neza iri rushanwa, cyane ko bigaragara ko ayarusha, yavuze ko buri imwe izana ibitandukanye bityo bizabafasha cyane.

Iyi kipe ihagarariye u Rwanda izakinira muri Nile Conference izabera i Kigali kuva tariki ya 17 kugeza ku ya 25 Gicurasi 2025.

Izaba ihanganye na Al Ahli Tripoli yo muri Libya, Made by Basketball (MBB) yo muri Afurika y’Epfo ndetse na Nairobi City Thunder yo muri Kenya.

Andi matsinda azakinira muri Maroc na Sénégal, mu gihe imikino ya nyuma izabera muri Afurika y’Epfo muri Kamena uyu mwaka.

Jordan Tyler McRae watwaranye NBA na Cavs, ni umwe mu bitezweho kuzafasha APR BBC muri BAL
Umutoza James Maye yatangaje ko Nobel Boungou-Colo usanzwe ukina i Burayi azamufasha cyane
Umutoza James Maye yijeje abakunzi ba APR BBC kuzikosora muri BAL
Al Ahli Tripoli ni imwe mu makipe akomeye ari kumwe na APR BBC mu itsinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .