00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Stephen Curry yakoze ‘dunk’ ya mbere mu myaka itandatu ahita ahagarika kongera kuzikora

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 March 2025 saa 08:12
Yasuwe :

Mu gihe haburaga iminota irindwi kugira ngo umukino wahuzaga Golden State Warriors na Philadelphia 76ers urangire, Stephen Curry yakoze ‘dunk’ yari amaze imyaka itandatu adakora, nyuma atangaza ko ari iya nyuma yari akoze mu gihe asigaje gukina.

Muri uyu mukino wari ukomeye, Curry yatsinze amanota 29 ndetse anatanga imipira 13 ivamo andi nubwo kutagaragara kwa Jimmy Butler muri uyu mukino byateye icyuho cyatumye Warriors itsindwa amanota 126-119.

Avuga ku byamubayeho, Curry yagize ati “Iriya buriya yari ‘dunk’ yanjye ya nyuma. Ndabyivugiye none aha, iriya ni iya nyuma mubonye nakoze.”

Stephen Curry w’imyaka 36, ni umwe mu bakinnyi b’abahanga bari muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho akaba azwiho gutsinda amanota atatu kurenza ibindi byose.

Ibijyanye no gutsinda amanota akoze ‘dunk’ [gushyira umupira mu gakangara amaboko yawe ari hejuru yako], ntabwo abimenyereweho dore ko yaherukaga kubikora mu 2019, ubwo yari aherejwe umupira na Kevin Durant bakinanaga gusa ubu asigaye ari muri Phoenix Suns.

Golden State Warriors akinira kugeza ubu iri ku mwanya wa karindwi ku rutonde rwa Shampiyona ya NBA mu gice cy’Uburengerazuba, aho imaze gutsinda imikino 32, igatsindwa 28 mu gihe iri kwitegura guhura na Charlotte Hornets.

Stephen Curry yahagaritse gutsinda amanota na 'dunk'
Stephen Curry ni umwe mu bakinnyi beza bari muri NBA
Stephen Curry yaherukaga gutsinda 'dunk' mu mukino hagati mu myaka itandatu ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .