00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

REG WBBC yakomereje urugendo rw’intsinzi kuri Kepler WBBC (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 22 February 2025 saa 07:50
Yasuwe :

REG WBBC yatsinze Kepler WBBC amanota 71-58 ikomeza urugendo rw’intsinzi muri Shampiyona ya Basketball mu Bagore.

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025 muri Lycée de Kigali.

Wari uhanzwe amaso cyane kuko uwavuga ko ariwo wa mbere ukomeye amakipe yombi yari agiye gukina muri iyi shampiyona ntabwo yaba abeshye.

Uyu mukino watangiye amakipe yombi yigana byatumaga amanota ataba menshi. Agace ka mbere karangiye, REG WBBC iyoboye n’amanota 13-10.

Kepler WBBC yasubiranye imbaraga mu gace ka kabiri, abarimo Uwimpuhwe Henriette na Umuganwa Sandra bayitsindira amanota menshi.

Iyi kipe yazamuye ikinyuranyo kigera mu manota 10 (32-22). Icyakora igice cya mbere cyarangiye iyi kaminuza iyoboye umukino n’amanota 32 kuri 26 ya REG WBBC.

Agace ka gatatu kari gatandukanye n’utundi koko umukino wihutaga ari nako amanota aba menshi. Umuhoza Jordan na Munezero Lamla batsindiraga REG, mu gihe Josiane Tcheumelue yabigenzaga uko ku rundi ruhande.

Agace ka gatatu karangiye Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yigaranzuye Kepler WBBC yongera kuyobora umukino n’amanota 53-48.

Mu gace ka nyuma, REG yagaraje ak’inda ya bukuru itsinda amanota menshi cyane ibifashijwemo na Mushikiwabo Sandrine watsindaga atatu cyane.

Umukino warangiye REG WBBC yatsinze Kepler WBBC amanota 71-58 ikomeza urugendo rwo kudatsindwa.

Iyi shampiyona irakomeza ku wa Gatandatu, aho East Africa University Rwanda irakina na GS Gahina saa Cyenda, APR WBBC ikine na GS Marie Reine saa 17:30, imikino yose irabera muri Lycée de Kigali.

Maiga Kadidia ahanganye n'abarimo Veronica Keita
Josiane Tcheumelue ahanganye na Mwizerwa Faustine
Uwimpuhwe Henriette agerageza gutsinda
Umuganwa Sandra Nelly ahanganye na Umuhoza Jordan
Tetero Odile ahanganye na Josiane Tcheumelue
Micomyiza Rosine Cisse agerageza gutsinda amanota atatu azwiho cyane
Munezero Lamla ni umwe mu bakinnyi mu bihe byiza
Kapiteni wa REG WBBC, Mushikiwabo Sandrine ni umwe mu bagize umukino mwiza
Umutoza wa REG WBBC, Mukaneza Espérance, atanga amabwiriza ku bakinnyi be
Umutoza wa Kepler WBBC, Rene Sahabu atanga amabwiriza
Micomyiza Rosine Cisse yari yambaye Adidas Dame 9 yakorewe Damian Lillard wa Milwaukee Bucks

Amafoto: FERWABA


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .