00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

REG WBBC yahize kuba iya mbere mu Mikino Nyafurika (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 December 2024 saa 02:25
Yasuwe :

REG WBBC yahize kuba iya mbere mu Mikino Nyafurika (Africa Women’s Basketball League) izabera i Dakar muri Sénégal tariki 6-15 Ukuboza 2024, nyuma ayo kuba iya kane mu y’umwaka ushize.

Ibi, byagarutsweho n’Umutoza Julian Martinez, ubwo IGIHE yasuraga iyi kipe mu myitozo ya nyuma, mbere yo kwerekeza mu marushanwa.

Iyi kipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu, iheruka kongeramo abakinnyi batatu bashya aribo Umunya-Sénégal, Aminata Ly n’Umurundi, Nezerwa Ines ndetse n’Umunyamerika, Khayla Pointer.

Icyakora, yatakaje Kristina King yagenderagaho, ibyo umutoza Julian Martinez yise igihombo gikomeye ariko bagomba gushaka ibisubizo.

Yagize ati “Byarambabaje cyane kuko naramukundaga, yari mwiza mu kibuga no hanze yacyo. Nkubwije ukuri byarankomereye ariko ubuzima burakomeza. Twabonye abandi bakinnyi beza bazaziba icyuho.”

Yakomeje agira ati “Hari Aminata na Ines beza ndetse na Pointer uzajya usimburana na Philoxy cyangwa bagakinana.”

Mu irushanwa ry’umwaka ushize, REG WBBC yabaye iya kane nyuma yo gutsindirwa ku mukino w’umwanya wa gatatu na Inter Clube yo muri Angola amanota 83-68.

Abajijwe intego z’uyu mwaka, umutoza Julian yavuze ko bifuza kuzegukana igikombe.

Ati “Abantu bakwiye kumva ko turi amakipe menshi ashaka igikombe. Tuzahangana n’amakipe akomeye ariko ntabwo tuzatungurwa no kuyatsinda yose kuko twiteguriye gutsinda buri umwe. Ubwo nyuma ya byose ikipe imwe n’iyo izegukana igikombe.”

Yasabye abafana kubaba hafi no kubagirira icyizere kuko bazakora iyo bwabaga ngo babashimishe.

Ati “Tuzahangana kandi tuzagerageza kubashimisha no gutuma baterwa ishema natwe, kandi ntibidakunda ntibazumve ko tutatanze ibyo twari dufite byose. Gusa, turizera ko tuzagarukana igikombe.”

Imikino ya Africa Women’s Basketball League izitabirwa n’amakipe yitwaye neza mu duce aherereyemo, aho nka Zone V u Rwanda rubarizwamo yatanze amakipe atatu ariyo Al Ahly yo mu Misiri, REG WBBC na APR WBBC.

Aya makipe yiyongeraho AS Ville Dakar (Sénégal), Sporting Alexandria (Misiri), Mountain of Fire & Miracles na Nigeria Customs (Nigeria), Friend’s Basketball Association (Côte d’Ivoire), ASB Makomeno na CNSS (RDC), Ferroviario Maputo (Mozambique), FAP (Cameroun).

Umutoza wa REG WBBC, Julian Martinez yababajwe no kubura Kristina King yagenderagaho
REG WBBC yegukanye umwanya wa kabiri muri Zone V yabereye muri Zanzibar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .