00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pieter Prinsloo wa REG BBC yemeje ko azakinira ikipe yo muri Afurika y’Epfo muri BAL

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 February 2025 saa 11:54
Yasuwe :

Umunya-Afurika y’Epfo uheruka gusinyira REG BBC, Pieter Prinsloo yatangaje ko nubwo yayisinyiye ariko azasubira iwabo gukinira ikipe ya Made By Ball (MBB BBC) mu irushanwa rya Africa Basketball League (BAL).

Mu ntangiriro za Gashyantare 2025, nibwo Prinsloo yabengutswe na REG BBC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Basketball mu Rwanda, kugira ngo ayifashe mu mikino ya Shampiyona yifuza gutwara igasubira muri BAL.

Nubwo ari umukinnyi wa REG, yahamije ko hari iminsi azaba atandukanye na yo, agasubira iwabo kongera imbaraga muri MBB BBC, dore ko iyi kipe yo mu Rwanda nta tike yigeze ibona yo gukina iri rushanwa.

Mu kiganiro yagiranye na ESPN, uyu mukinnyi yagize ati “Biri muri gahunda kugeza ubu. Ngiye kuba nkinira REG kugeza imikino ya BAL igeze, noneho nzasubire iwacu, nimvayo nibwo nzagaruka muri REG gusoza Shampiyona. Ibintu bishobora guhinduka ariko kugeza ubu ni uko biteye.”

Uyu mukinnyi wageze mu Rwanda asanzwe akorera imyitozo muri iyi kipe yifuza kugera kure muri iyi mikino mpuzamahanga muri Afurika muri Basketball.

Imikino ya BAL iteganyijwe gutangirira i Rabat muri Maroc, kuva tariki 5 kugeza ku wa 13 Mata, hakurikireho iya Dakar muri Sénégal kuva tariki 26 kugeza ku wa 4 Gicurasi, hakurikireho iyo mu Rwanda izava ku wa 17 kugeza ku wa 25 Gicurasi 2025.

Imikino ya nyuma yo izabera mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo kuva tariki 6 kugeza 14 Kamena 2025.

Andi makipe Prinsloo yakiniye harimo Cape Town Tigers, Costa Caribe Managua na Lagos City Stars.

Pieter Prinsloo azajya gukinira MBB muri BAL nubwo ari umukinnyi wa REG
Imikino ya BAL niba yegereje Pieter Prinsloo azava mu Rwanda ajye gukina muri MBB
Pieter Prinsloo yatangiye gukinira REG BBC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .