00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NBA mu nzira zo gutangiza irushanwa rishya i Burayi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 28 March 2025 saa 09:17
Yasuwe :

Ubuyobozi bwa Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA, bugeze kure umushinga wo gutangiza irushanwa rishya ku Mugabane w’i Burayi.

Ubu buyobozi bufatanyije n’Ishyirahamwe rya Basketball ku Isi (FIBA), buteganya ko iri rushanwa rizaba rigizwe n’amakipe 16 arimo 12 azajya aryitabira bihoraho ndetse n’andi ane azajya ashaka itike binyuze muri shampiyona z’ibihugu byayo.

Amakipe yo kuri uyu mugabane yitwaye neza asanzwe ahatana muri Euroleague ihuza amakipe meza yo mu bihugu bitandukanye.

Komiseri wa NBA, Adam Silver, yagize ati “Turumva ari igihe cyo kujya kuri uru rwego. Mu nama twagiranye n’abayobozi b’amakipe bemeye kudushyigikira kandi tuzakomeza dushake n’izindi nzira.”

Yakomeje avuga ko amakipe ariho, asanzwe ari ibigo bikomeye cyane muri ruhago bityo bifuza ko byagera no muri Basketball.

Iri rushanwa ritaratangazwa igihe rizatangirira, rizakurikiza amategeko y’i Burayi nk’aho umukino uzaba ugizwe n’iminota 40, aho kuba 48 yo muri NBA.

Kugeza ubu amakipe akomeye kuri uyu mugabane ni Real Madrid, CSKA Moscow na Panathinaikos ifite igikombe giheruka.

Real Madrid ni imwe mu makipe y'ibigugu i Burayi
Panathinaikos niyo ifite igikombe cya Euroleague giheruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .