00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isaiah Miller yagize imvune ikomeye yatumye APR BBC itazamubona muri BAL 2025

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 6 February 2025 saa 08:55
Yasuwe :

Isaiah Miller wanyuze muri APR BBC, kuri ubu ukinira Austin Spurs yo muri NBA G-League, yagize imvune ikomeye y’ivi yatumye atazongera gukina muri uyu mwaka w’imikino.

Uyu mukinnyi yagiriye imvune mu mukino Austin Spurs yatsinze Sioux Falls Skyforce amanota 118-113, mu mpera z’icyumweru gishize. Nyuma yo kunyuzwa mu cyuma, basanze uyu mukinnyi yaragize imvune ikomeye mu ivi bityo agomba kubagwa ndetse n’umwaka we w’imikino warangiye.

Ni igihombo gikomeye kuri iyi kipe, kuko Miller yari amaze iminsi yitwara neza cyane ndetse yari yatoranyijwe mu bazakina umukino w’intoranywa (all star game), uteganyijwe tariki ya 16 Gashyantare 2025.

Ni igihombo gikomeye kandi kuri APR BBC yateganyaga kuzamukoresha muri BAL 2025, mu mikino ya Nile Conference iteganyijwe kuzabera i Kigali tariki ya 17 kugeza ku ya 25 Gicurasi 2025.

Mu gihe gito yanyuze mu Rwanda, Miller yishimiwe na benshi mu bakunzi ba Basketball y’u Rwanda ndetse ahesha n’Ikipe y’Ingabo Igikombe cya Shampiyona.

APR BBC yabuze amahirwe yo kuzabona Miller muri BAL kubera imvune ikomeye yagize
Isaiah Miller yabaye umukinnyi mwiza w’Imikino ya Kamarampaka iheruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .