00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Henry Mwinuka watozaga Patriots yerekeje muri Tigers BBC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 27 December 2024 saa 11:41
Yasuwe :

Umunya-Tanzaniya, Henry Mwinuka, watozaga Patriots BBC yerekeje muri Tigers BBC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mugabo yari amaze imyaka ibiri muri Patriots, nyuma yo kuyisubiramo avuye muri REG BBC.

Umuyobozi wa Tigers BBC, Shyaka Francis, yatangarije IGIHE ko bamaze gusinyisha uyu mutoza w’izina rikomeye mu Rwanda.

Yagize ati “Mwinuka ni umutoza wacu yasinye imyaka ibiri.”

Shyaka yakomeje avuga ko bifuje guhindura umutoza kuko umwaka ushize batsindwaga mu buryo budasobanutse.

Ati “ Mu mwaka ushize amakipe yadutsindaga ku kantu gato cyane ukabona ari ikibazo cy’imitoreze.”

Uyu muyobozi kandi yavuze ko intego z’uyu mwaka ari uguhatanira Igikombe cya Shampiyona.

Ati “Iyo uzanye umutoza ukomeye ubu ushaka kugera ku bikomeye. Ntabwo tuje kwitabira ahubwo tuje guhatanira Igikombe cya Shampiyona, ntabwo ari Imikino ya Kamarampaka kuko yo twayigiyemo tuzi uko imera.”

Henry Mwinuka ni umutoza ukomeye cyane kuko amaze kwegukana ibikombe bitanu bya shampiyona, birimo bitatu yahesheje Patriots ndetse na bibiri byo muri REG BBC.

Shampiyona nshya izatangira tariki ya 24 Mutarama 2025, aho Tigers izatangira yakira Espoir BBC.

Henry Mwinuka yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Tigers BBC
Tigers BBC yahize guhatanira Igikombe cya Shampiyona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .