Uyu mukinnyi uri mu beza muri Shampiyona ya Basketball mu bagore, yari yifujwe cyane na mukeba APR WBBC ariko ntibyakunda kuko Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yatsinze urugamba rwo kumugumana.
Micomyiza azwiho gutsinda amanota atatu menshi ndetse imyaka imaze kuba myinshi ariwe wegukana icyo gihembo muri shampiyona.
Uyu mukinnyi w’imyaka 30, ni umwe mu bafite ubunararibonye muri iyi shampiyona ndetse no muri REG WBBC by’umwihariko.
Micomyiza yakuze aconga ruhago ndetse no gusiganwa ku maguru yakoraga mbere yo kwerekeza muri Basketball, ubwo yigaga muri APE Rugunga.
Yakomereje muri Uganda aho yigaga muri Kaminuza ya Uganda Christian University. Yegukanye ibikombe bitatu bya shampiyona muri iyi kipe, mbere yo kugaruka mu Rwanda akinira The Hoops ndetse na REG WBBC abarizwamo kugeza ubu.
REG WBBC yatangiye neza shampiyona y’uyu mwaka itsinda UR BBC amanota 99-47.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!