00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera: Hatashywe ikibuga gishya cya Basketball

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 May 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall batashye ikibuga gishya cya Basketball giherereye mu Bugesera.

Iki kibuga cyatashywe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2025, cyubatswe ku nkunga ya NBA Africa, Opportunity International na Leta y’u Rwanda, giherereye mu ishuri ribanza rya Highland School ryo mu mujyi wa Nyamata.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yavuze ko iki kibuga kizafasha abatuye muri aka karere kuzamura impano ya Basketball.

Ati “ Icya mbere ni ikibuga. Nk’uko mubizi NBA Africa iri muri gahunda yo kwigisha abatoza babo (abana) ndetse n’abasifuzi. Rero ku bufatanye na FERWABA ni bamwe mu bo duhanze amaso kugira ngo bazavemo ibihangage twifuza.”

Bamwe bakunze kugaragaza ko ibibuga byubakwa ariko abo byagenewe batabigeraho ngo babyisanzureho ku rwego bazavamo abakinnyi b’ejo hazaza.

Mu kuvuga kuri icyo kibazo, Rwego yagize ati “Iki kibuga kizahuza amashuri 11, bivuze ko kizagera ku bana ibihumbi 5000 bo mu nkengero zacyo.”

Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi yavuze ko iki kibuga kiri muri gahunda bafite yo kuzubaka ibigera ku 1000 muri Afurika, mu myaka 10 iri imbere.

Ati “Iki kibuga kiri muri gahunda twihaye yo kuzubaka ibigera ku 1000 muri Afurika mu gihe cy’imyaka 10 iri imbere. Tuzakomeza kubyegereza abaturage kugira ngo Basketball isakare hose kandi irusheho kumenyekana.”

Umuyobozi wa Highland School, Munyaburanga Eduard, yijeje ko iki kibuga bazakibyaza umusaruro ku buryo bazagera kubyo bitezweho.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yavuze ko iki kibuga kizafasha mu kuzamura impano zo mu Bugesera
Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall yavuze ko bazakomeza kugira uruhare mu kuzamura impano z'abato
Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi yavuze ko bazakomeza kwegereza abaturage ibibuga bya Basketball
Abayobozi batandukanye bataha iki kibuga ku mugaragaro
Hafashwe ifoto y'urwibutso
Aba bana bigishwa Basketball bihoraho
Iki kibuga kiri muri gahunda y'ibigera ku 1000 NBA Africa izubaka ku mugabane mu myaka 10 iri imbere
Abana bo muri Highland School baserutse mu mbyino gakondo
Deng Luol wakanyujijeho muri NBA yaganirije aba bana, abereko ko gukabya inzozi bishoboka

Amafoto: RUSA Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .