00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bucks na Thunder zageze muri ½ cya NBA Cup

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 December 2024 saa 09:28
Yasuwe :

Milwaukee Bucks yatsinze Orlando Magic amanota 114-109, Oklahoma City Thunder itsinda Dallas Mavericks amanota 118-104 zombi zigera muri ½ cya NBA Cup iri gukinwa ku nshuro ya kabiri.

Iyi mikino yabaye mu rukerera rwo ku wa Gatatu, tariki ya 11 Ukuboza 2024.

Thunder yatangiye neza umukino nk’ikipe iri imbere y’abafana bayo, Shai Gilgeous-Alexander ayitsindira amanota menshi. Ku rundi ruhande, Klay Thompson yabigenza uko.

Igice cya mbere cyarangiye Oklahoma City Thunder iyoboye umukino n’amanota 57 kuri 54 ya Dallas Mavericks.

Mu gice cya kabiri, Thunder yarushijeho gutsinda cyane, Shai Alexander akorerwa mu ngata na Jalen Williams bongera ikinyuranyo kigera mu manota 17 (90-73).

Mu gace ka nyuma, Mavericks yiminjiriyemo agafu ishaka kugaruka mu mukino, Luka Dončić na Kyrie Irving bagerageza gutsinda ariko biba iby’ubusa.

Umukino warangiye Oklahoma City Thunder yatsinze Dallas Mavericks amanota 118-104.

Undi mukino wabaye uyu munsi, Giannis Antetokounmpo yafashije Milwaukee Bucks gutsinda Orlando Magic amanota 114-109, nayo yageze muri 1/2 .

Indi mikino ya ¼ iteganyijwe mu rukerera rwo ku wa Kane, aho New York Knicks izahura na Atlanta Hawks saa 2:00, mu gihe Golden State Warriors izahura na Houston Rockets saa 4:30.

Ni ku nshuro ya kabiri iri rushanwa riri gukinwa, aho iya mbere ryegukanywe na Los Angeles Lakers mu mwaka ushize w’imikino.

Shai Gilgeous-Alexander yafashije Thunder gusezerera Mavericks
Giannis yafashije Bucks kugera muri 1/2
Naji Marchall agerageza gutsinda
Giannis Antetokounmpo yatsinze amanota 37, mu mukino Bucks yatsinze Magic
Damian Lilliard agerageza gutsinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .