00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball yahamije ko bizeye kuzabona itike y’Igikombe cya Afurika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 20 February 2025 saa 06:30
Yasuwe :

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball, Ndizeye Ndayisaba Dieudonné, yijeje Abanyarwanda kuzabona itike y’Igikombe cya Afurika bagiye guhatanira muri Maroc.

Ku wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025, u Rwanda ruzatangira imikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka Itike y’Igikombe cya Afurika, aho ruzakina na Sénégal saa 16:00 z’i Kigali.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Ndizeye Dieudonné yavuze ko akurikije imyiteguro bagize, bafite icyizere cyo kuzabona itike y’Igikombe cya Afurika.

Ati “Twaje kare kugira ngo twitegura neza. Twakinnye imikino ibiri ya gicuti, tunamenyera ikirere. Icyo twakwizeza abanyarwanda nuko twaje kugira ngo tubone itike y’Igikombe cya Afurika kandi turabyizeye neza kubera uko tumeze, umwuka turimo no gukorera hamwe.”

Ibi kandi bishimangirwa n’umutoza Cheikh Sarr wavuze ko nubwo amakipe bari kumwe yongeyemo imbaraga ariko nabo bazitwara neza.

Ati “Twakinnye imikino ibiri ya gicuti. Twakoze ibyo tugomba gukora mu bwugarizi no gusatira rero twiteguye gutsinda. Muri iri rushanwa nta wizeye itike kuko uwatsinda imikino ibiri yakomeza.”

Yakomeje agira ati “Turabizi amakipe yariyubatse nka Gabon na Cameroun ariko tuzagerageza kwitwara neza.”

Muri iyi mikino, u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu, ruzatangira rukina na Sénégal ku wa Gatanu, saa Kumi z’umugoroba ku masaha yo mu Rwanda.

Ruzakurikizaho Ikipe y’Igihugu ya Cameroun bukeye bwaho, mu gihe ruzasoza rukina na Gabon ku Cyumweru, tariki 24 Ugushyingo 2024.

Muri iri tsinda, u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu n’amanota ane nyuma yo gutsinda umukino umwe muri itatu rwakinwe mu Ugushyingo 2024.

Iyi mikino izakinwa mu matsinda atanu agizwe n’amakipe ane. Buri kipe izahura n’indi, atatu ya mbere azabone itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Angola tariki 12 kugeza ku wa 24 Kanama 2025.

Umutoza w'Ikipe y'Igihugu, Cheikh Sarr yatanze icyizere cyo kuzabona itike y'Igikombe cya Afurika
U Rwanda rwatsinzwe imikino ibiri ya gicuti yaruhuje na Maroc
Axel Mpoyo ni umwe mu bongewe mu Ikipe y'Igihugu muri aya majonjora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .