00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basketball: Reebok yakoreye Nate Ament inkweto ya mbere iri mu mabara y’u Rwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 3 April 2025 saa 10:59
Yasuwe :

Uruganda rwa Reebok rufite izina rikomeye mu gukora ibikoresho bya siporo, rwakoreye Nate Ament inkweto ya mbere ikoze mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda.

Uyu mukinnyi w’imyaka 17 ni umwe mu bari kubica muri Shampiyona ya Basketball yo mu mashuri yisumbuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho akinira Highland School yo muri Leta ya Virginia.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Ament yerekanye ko uru ruganda baheruka kugirana amasezerano rwamukoreye inkweto ya mbere iri mu mabara y’igihugu cye.

Yagize ati “Ku bw’igihugu cyanjye.”

Iyi nkweto yiswe ‘Reebok Engine A Rwanda PE,’ igizwe n’amabara arimo umuhondo, icyatsi n’ubururu. Hejuru ahajya imishumi hariho ibendera rito ry’u Rwanda ndetse n’ikirango (logo) y’uyu mukinnyi.

Nate Ament aheruka gushyirwa ku mwanya wa kane mu bakinnyi 100 beza bakiri bato muri Amerika. Ni umwe mu batanga icyizere ndetse byatangiye kuvugwa ko ashobora kuzatekerezwaho muri ‘NBA draft’ mu 2026.

Mu mwaka ushize, uyu mukinnyi ufite nyina w’Umunyarwanda yaserukanye n’Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika y’abatarengeje imyaka 18, mu mikino ya ‘2024 FIBA U-18 Americas Championship’ banegukanyemo umudali wa zahabu.

Reebok yakoreye Nate Ament inkweto iri mu mabara y'u Rwanda akomokamo
Nate Ament ni umwe mu bakinnyi batanga icyizere
Nate Ament aheruka gusinyana amasezerano na Reebok iri mu nganda zikomeye ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .