Iri rushanwa rigamije kwibuka abakinnyi, abatoza n’abakunzi ba Basketball ryateguwe mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bari kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Riteganyijwe tariki ya 23 kugeza ku ya 27 Mata 2024, aho kuri iyi nshuro Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryatumiye amakipe yo muri Uganda, Tanzania na Kenya. Icyakora ntabwo aratangazwa kuko ataremeza ubutumire.
Mu Rwanda rizitabirwa n’amakipe ane ya mbere muri Shampiyona mu bagabo n’abagore. Ayo ni APR BBC, REG BBC, Patriots BBC na Tigers BBC. Mu bagore ni Kepler WBBC, REG WBBC, APR WBBC na IPRC Huye.
Mu mwaka ushize, iri rushanwa ryegukanywe na APR mu bagabo n’abagore.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!