00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BAL 2025: APR BBC yatsindiwe imbere ya Perezida Kagame

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 20 May 2025 saa 10:46
Yasuwe :

Al Ahli Tripoli BBC yatsinze APR BBC amanota 90-68 mu mukino witabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Uyu mukino wa gatatu mu ya Nile Conference muri BAL 2025 wabereye muri BK Arena yari yuzuye abafana.

APR BBC yawukinnye idafite kizigenza wayo Aliou Diarra wagiriye ikibazo cy’imikaya mu mukino uheruka wa MBB yo muri Afurika y’Epfo.

APR BBC yatangiye umukino neza, Chasson Randle ayitsindira amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyoboye umukino n’amanota 17 kuri 11 ya Al Ahli Tripoli.

Mu gace ka kabiri, Ikipe y’Ingabo yakomeje muri uwo mujyo abarimo Obadiah Noel na Youssoupha Ndoye bakomeza gutsinda.

Ubwo kari kageze hagati, iyi kipe yo muri Libya yatangiye kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Jean Jacques Boissy na Mohamed Sadi.

Ku isegonda rya nyuma ry’igice cya mbere Boissy yatsinze amanota atatu yafashije iyi kipe kujya mu karuhuko iyoboye umukino n’amanota 42-41.

Mu gace ka gatatu umukino watuje cyane, amanota aragabanyuka ku mpande zombi. Ikipe y’Ingabo wabonaga ko iri kubura Diarra cyane cyane mu bwugarizi na rebound. Si ibyo gusa kuko yanatakazaga imipira myinshi (turnovers).

Mu minota ibiri ya nyuma, Al Ahli yazamuye ikinyuranyo kigera mu manota arindwi (57-50).

Agace ka gatatu karangiye, Al Ahli Tripoli ikomeje kuyobora umukino n’amanota 61 kuri 52 ya APR BBC.

Mu gace ka nyuma, iyi kipe yo muri Libya yakomeje kungukira mu mipira APR BBC yatakazaga bityo yongera ikinyuranyo kigera mu manota 21 (86-65).

Umukino warangiye Al Ahli Tripoli yatsinze APR BBC amanota 90-68 uba umukino wa mbere Ikipe y’Ingabo itakaje muri itatu imaze gukina.

Umukino wabanje, MBB yo muri Afurika y’Epfo yatsinze Nairobi City Thunder amanota 75-74 ibona intsinzi ya mbere muri iyi mikino.

Iyi mikino izakomeza ku wa Kane hatangira iyo kwishyura, aho Al Ahli Tripoli izakina na Nairobi City Thunder saa 16:00, mu gihe APR BBC izakina na MBB saa 19:00.

Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino APR BBC yatsinzwemo na Al Ahli Tripoli BBC
Aliou Diarra wagize imvune ntabwo yakinnye uyu mukino
Aliou Diarra yateraga bagenzi be imbaraga
Obadiah Noel azamukana umupira
Umuraperi KidFromKigali asusurutsa abitabiriye umukino
Chasson Randle agerageza gutsinda
Caleb Agada atera lancer franc
Mohamed Sadi ahanganye na Chasson Randle
Deon Thompson agerageza gutsinda amanota atatu
Abakinnyi n'abatoza ba Al Ahli bishimira amanota
Umukino wa MBB na Nairobo City Thunder wari ishiraniro
MBB yishimira intsinzi ya mbere yabonye

Amafoto: RUSA Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .