Umukino wa APR na CNSS niwo wabanje gukinwa, aho waranzwe no kwegerana cyane mu manota, igice cya mbere cyarangiye CNSS iyoboye n’amanota 30 kuri 28 ya APR.
Ikipe y’Ingabo yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, abarimo Italee Lucas na Uwizeye Assouma bayitsindira amanota menshi. Aka gace yagatsinzemo 26 kuri 15 ya CNSS, yahise iyobora umukino na 54 kuri 45.
Agace ka nyuma kari injyanamuntu kakinwe mu mayeri menshi, Lucas akomeza gufasha APR, mu gihe Rhema Kapinga nawe yatsindiraga ikipe ye cyane.
Umukino warangiye, APR WBBC yatsinze CNSS amanota 73-68 itangirana Imikino Nyafurika intsinzi. Umukino wa kabiri, Ikipe y’Ingabo irakina na Friend’s Basketball Association ku Cyumweru.
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/genn0zcx0aabdmh-742c7.jpg?1733647618)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/genn0zlwaaa1mcc-fc4cc.jpg?1733647618)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/a_hard-fought_victory_by_aprwbbc_official_as_they_survive_cnss_womanbasketclub_late_comeback_to_win_73-68_wblafrica_webringlegacy_1_-dc3d7.jpg?1733647618)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/a_hard-fought_victory_by_aprwbbc_official_as_they_survive_cnss_womanbasketclub_late_comeback_to_win_73-68_wblafrica_webringlegacy-3fc32.jpg?1733647619)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/a_hard-fought_victory_by_aprwbbc_official_as_they_survive_cnss_womanbasketclub_late_comeback_to_win_73-68_wblafrica_webringlegacy_2_-66749.jpg?1733647619)
REG WBBC yatangiye nabi
Indi kipe ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, ni REG WBBC yatangiye itsindwa na Ferroviario Maputo yo muri Mozambique amanota 78-74.
Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yatinze kwinjira mu mukino kuko yatsinzwe agace ka mbere ku manota 18 kuri 13, ndetse n’aka kabiri 20 kuri 18.
Igice cya mbere cyarangiye Ferroviario iyoboye umukino n’amanota 38 kuri 31.
Mu gice cya kabiri, REG WBBC yiminjiriyemo agafu itangira gutsinda amanota menshi ibifashijwemo na Nezerwa Ines na Aminata Ly. Aka gace karangiye, umukino ukomeje kwegerana n’amanota 54 kuri 48.
Mu gace ka nyuma, amakipe yombi yongereye amanota yatsindaga Destiney Philoxy akorera mu ngata bagenzi be ariko Ferroviario igakina nk’ikipe nkuru itemera gukurwamo ikinyuranyo cyayo.
Umukino warangiye Ferroviario Maputo yatsinze REG WBBC amanota 78 kuri 74, Ikipe ihagarariye u Rwanda itakaza umukino wa mbere.
Umukino wa kabiri, REG WBBC izakina na BC Makomeno yo muri yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Mbere, tariki 9 Ukuboza 2024.
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/constant_pressure_from_regwomenbbc_official_could_not_stop_clubeferroviariodemaputo_from_maintaining_their_lead_recording_their_first_win_in_their_wbla___comeback_webringlegacy_1_-e7199.jpg?1733647619)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/constant_pressure_from_regwomenbbc_official_could_not_stop_clubeferroviariodemaputo_from_maintaining_their_lead_recording_their_first_win_in_their_wbla___comeback_webringlegacy-d5691.jpg?1733647619)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1243/constant_pressure_from_regwomenbbc_official_could_not_stop_clubeferroviariodemaputo_from_maintaining_their_lead_recording_their_first_win_in_their_wbla___comeback_webringlegacy_2_-f9a6e.jpg?1733647619)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!