00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR WBBC yageze muri ¼ cy’Imikino Nyafurika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 December 2024 saa 08:12
Yasuwe :

APR WBBC yatsinze SC Alexandria yo mu Misiri amanota 74-72, igera muri ¼ cy’Imikino Nyafurika (Africa Women’s Basketball League).

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 10 Ukuboza 2024 i Dakar muri Sénégal.

Uyu mukino wa nyuma mu Itsinda B wari uhanzwe amaso cyane kuko buri kipe yashakaga umwanya wa kabiri, uyihesha kujya muri ¼.

Wari ukomeye cyane ku ruhande rw’Ikipe y’Ingabo kuko Alexandria ni yo ifite igikombe giheruka.

Uyu mukino watangiye wegeranye cyane, ikinyuranyo ari gito ariko APR ibyitwaramo neza ibifashijwemo na Kierstan Bell.

Agace ka mbere karangiye Ikipe y’Ingabo iyoboye umukino n’amanota 19 kuri 15 ya Alexandria.

Ikipe yo mu Misiri yasubiranye imbaraga mu gace ka kabiri, Hala Elshaarawy ayitsindira amanota menshi.

Aka gace karangiye yagatsinzemo amanota 19-15, bityo igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 34-34.

Agace ka gatatu kashyushye cyane, amakipe yombi yongera amanota yatsindaga, Italee Lucas akorera mu ngata Bell.

Ku rundi ruhande, Hala yafashijwe na mugenzi we Lianna Tillman bakomeza gutsindira Alexandria amanota menshi.

Aka gace karangiye Alexandria yagatsinzemo amanota 22 kuri 20 ya APR, umukino ukomeza kwegerana cyane n’amanota 56-54.

Agace ka nyuma kabaye ak’imibare myinshi ku mpande zombi, Alexandria igatangira neza nk’ikipe nkuru.

Icyakora Ikipe y’Ingabo ntiyagiye kure kuko amanota yakomeje kwegerana cyane.

Mu minota ya nyuma, Italee Lucas na Shaina Pellington batsindiye APR amanota y’intsinzi.

Umukino warangiye APR WBBC yatsinze SC Alexandria amanota 74-72 ibona itike ya ¼, nyuma yo gusoza itsinda B, ku mwanya wa kabiri, bityo izamukana na Friend’s Basketball Association (FBA) ya mbere.

REG WBBC na yo ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino, irakina uwa nyuma mu Itsinda C hamwe na Jeanne d’Arc iri mu rugo saa 20:00.

Ni amakipe akurikurana ku rutonde ananganya amanota atatu, aho yombi yatsinzwe umukino umwe muri ibiri.

Wari umukino wegeranye cyane mu manota
Kantore Sandra ashaka inzira yo gutsinda
Kierstan Bell yatsinze amanota 37 muri uyu mukino
Umugwaneza Charlotte ahanganye n'abakinnyi ba Alexandria
Shaina Pellington ni umwe mu bagize umukino mwiza cyane
Italee Lucas yagaragaje ubunararibonye muri uyu mukino
APR WBBC yageze muri 1/4

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .