00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR BBC yaguze babiri bashya, itandukana n’abandi batatu

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 December 2024 saa 04:48
Yasuwe :

APR BBC yaguze Uwitonze Justin wakiniraga REG BBC na Habineza Shaffy wayihozemo, mu gihe yatandukanye na Manzi Dan uzwi nka Kimasa, Shema Bruno na Kaje Elie.

Ikipe y’Ingabo izahagararira u Rwanda muri BAL 2025, yatangiye kwitegura umwaka mushya, aho ikomeje gukorera imyitozo muri Lycée de Kigali.

Mu rwego rwo kwitegura neza, Ikipe y’Ingabo yongeyemo Uwitonze Justin wakiniraga REG BBC uzwiho gutsinda amanota atatu, yanibitseho Habineza Shaffy wagize umwaka mwiza muri UGB ndetse wanayinyuzemo mu myaka yashize.

Umunyamabanga wa APR FC, Kalisa Salongo Eric yahamirije IGIHE ko aya makuru ari impamo, anatangaza ko hari abandi batandukanye.

Yavuze ko yatandukanye na Kaje Elie wamaze kwerekeza muri Kepler BBC, Manzi Dan uzwi nka Kimasa ndetse na Shema Bruno usanzwe ubarizwa mu Bubiligi.

APR BBC iri kwitegura Shampiyona izatangira tariki ya 25 Mutarama 2025 ishaka uko yazisubiza igikombe ifite inshuro ebyiri ziheruka.

Ikipe y’Ingabo kandi izitabira BAL 2025, aho izakira ‘Nile Conference’ iteganyijwe tariki ya 17 kugeza iya 25 Gicurasi 2025.

Habineza Shaffy wagize umwaka mwiza muri UGB, yasubiye muri APR BBC
Uwitonze Justin yerekeje muri APR BBC
Manzi Dan Kimasa ni umwe mu batandukanye na APR BBC
Shema Bruno nawe yatandukanye na APR BBC
Kaje Elie yatandukanye na APR FC nyuma y'imyaka ibiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .