Amushusho yagiye hanze bivugwa ko ari ayo mu 2020, agaragaza uyu musifuzi avuga ko atishimiye uko Klopp yakiraga ibyemezo byafatwaga ndetse akamuvugisha amukankamira cyane, na we ahitamo kuvuga ko Liverpool ari “umwanda”.
Ishyirahamwe ry’abasifuzi mu Bwongereza ryakoze iperereza kuri ibi bikorwa bigayitse, rihita rimuhanisha guhagarika burundu amasezerano y’akazi yari afitanye na ryo.
Ryagize riti "Ibikorwa bya David Coote byagaragaye ko ari amakosa akabije, bityo amasezerano ye y’akazi asheshwe. Tuzakomeza kumushyigikira mu bindi.”
Coote ufite uburenganzira bwo kujuririra icyemezo cyamufatiwe, bivugwa ko atajya imbizi na Liverpool kuko asanzwe ari umufana wa Nottingham Forest bityo akaba ataranasifuraga imikino yayo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!