00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamakuru Lorenzo mu muryango usohoka muri RBA

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 January 2025 saa 04:46
Yasuwe :

Umunyamakuru w’imikino, Musangamfura Christian Lorenzo, wari umaze igihe mu Rwego rw’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, akaba yari amaze kubaka izina kuri Radio Rwanda, yamaze gusezera ndetse amakuru ahari agahamya ko agiye kwerekeza kuri radiyo nshya igiye gufungurwa na Sam Karenzi.

Amakuru IGIHE ikura imbere muri RBA, by’umwihariko mu bakoranaga n’uyu munyamakuru, ahamya ko kuri uyu wa 6 Mutarama 2025 ari bwo yatanze ibaruwa isezera muri iki kigo.

Nubwo yaba Musangamfura na RBA nta n’umwe uravuga ku isezera ry’uyu munyamakuru, amakuru ahari avuga ko yamaze gusezera ndetse yanamaze kumvikana na Sam Karenzi ko ari umwe mu banyamakuru bazatangirana na radiyo nshya yitegura gufungura.

Lorenzo azaba yiyongera ku bandi barimo Sam Karenzi, Kazungu Claver ndetse na Ishimwe Ricard baherutse gutandukana na Fine FM.

Si ubwa mbere Lorenzo azaba akoranye na Sam Karenzi kuko bakoranye no kuri Fine FM.

Lorenzo yatangiriye umwuga w’itangazamakuru kuri RC Musanze aho yaje kuva yerekeza kuri Fine FM icyakora ntiyahamara iminsi kuko yahise yerekeza kuri Radio Rwanda, aha na ho ahava ajya kuri Radio 10 mbere y’uko ahava agasubira kuri Radio Rwanda ku nshuro ya kabiri.

Musangamfura Christian Lorenzo yamaze gusezera muri RBA ategerejwe kwerekeza kuri radiyo nshya ya Sam Karenzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .