00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunsi Sam Karenzi yari akubiswe n’abafana ba Rayon Sports agakizwa n’inshuti

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 February 2025 saa 07:01
Yasuwe :

Umunyamakuru Sam Karenzi yibukije abakunzi be umunsi akora inkuru ya Rayon Sports ariko abafana bayo bakamwuka inabi ndetse bakamutegera ku kibuga cy’indege cya Kigali, agatabarwa n’inshuti ye Eddy Sabiti.

Hari mu 2015, ubwo Ikipe ya Rayon Sports yahuraga n’ibibazo iri mu Misiri, aho yari yagiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Orange CAF Confederation Cup, itegereje guhura na Zamalek.

Icyo gihe abakinnyi ba Rayon Sports bahatiwe kurara muri hoteli irengeje ubushobozi bari bafite, na bo banga kuyiraramo ahubwo bahitamo kurara ku marembo ya hoteli aho bari gucumbika kugeza babonye uko berekeza aho bari kuzakinira.

Karenzi wari kumwe n’ikipe, yatangaje iyi nkuru ariko ntibyashimisha benshi nk’uko yabitangarije mu kiganiro yagiranye na IGIHE.

Ati “Njya nkunda kuyivuga inkuru ya Rayon Sports, ni ubumenyi bushya nungutse kuko ari hanze y’igihugu umenya ari cyo cyayiremereje. Ntabwo abantu bumvaga ko umuntu uri kumwe n’ikipe mu gihugu runaka ashobora kuvuga ibiri kuhabera akabivuga uko biri.”

“Nubwo inkuru yari iherekejwe n’amafoto ifite ibimenyetso ariko hari abibaza impamvu wabivuze. Umuyobozi wari uwa FERWAFA ajya kuri Televiziyo y’Igihugu avuga ko ndi umuntu n’ubundi usenya, batazi uko nagiye. Biba ibintu binini cyane kuko byahuriranye n’urugendo rw’Umukuru w’Igihugu mu Misiri.”

Karenzi yakomeje avuga ko nyuma y’ibyo byose byabaye, atigeze ahabwa agahenge n’abatarabyishimiye.

Ati “Bibazaga ukuntu bari busobanure ibintu Umukuru w’Igihugu naramuka abimenye, byarakomeye ariko babikora bashaka n’amafaranga ngo ikibazo gikemuke.”

“Nageze ku Kibuga [mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali], hari abafana bateguye rwose ngo bari bukubite Karenzi. Sabiti [Eddy], inshuti yanjye yarabiteguye nyura izindi nzira. Yari mu Rwanda areba ibiri kuba, imodoka imfata mu yindi nzira, ntawamenye aho nanyuze.”

Muri iki kiganiro, Sam Karenzi, kandi yatangaje ko byinshi yanyuzemo mu mwuga w’itangazamakuru ari byo byatumye yumva ko ashobora no gushinga radiyo ye.

Uyu mugabo yamaze gushinga radiyo ye ya ‘SK Fm’, biteganyijwe ko izatangira gukora mu cyumweru gitaha, ikavugira ku mirongo ibiri ya 93,9 ndetse na 92,6.

Sam Karenzi yavuze inkuru y'cya Kigaliuko Aba-Rayons bari bamukubitiye ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali
Sam Karenzi agiye gutangiza radiyo ye nyuma y'igihe kinini akorera abandi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .