00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukino wa nyuma wa 1/8 wasubitse: Ibyaranze umunsi wa gatatu wa ‘ATP Challenger 75 Tour’

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 February 2025 saa 12:32
Yasuwe :

Irushanwa mpuzamahanga rya Tennis rya ‘ATP Challenger 75 Tour’ riri kubera mu Rwanda rigeze ku munsi waryo wa gatatu, aho abakinnyi barindwi bamaze kubona itike ya ¼, mu gihe uwa munani atabonetse kuko umukino wasubitswe ku mpamvu z’ikirere.

Ku wa Gatatu, tariki ya 26 Gashyantare 2025, ni bwo ku bibuga bya IPRC Kigali hakomeje kubera imikino riri guhuriza hamwe abakinnyi b’ibihangange muri Tennis bashaka amanota yo kuzakina ‘ATP Tour’ n’andi akomeye.

Uyu munsi wasize Umutaliyani Marco Cecchinato yatsinze amaseti abiri Umunya-Espagne, Carlos Taberner, wari ku mwanya wa kabiri mu bahabwa amahirwe yo kuba baryegukana.

Abandi bakinnyi babonye itike yo gukomeza muri ¼ barimo Abafaransa, Valentin Royer na Mathys Erhard, Abanya-Autriche Lukas Neumayer na Maximilian Neuchrist, Umunya-Romania Filip Cristian Jianu, Umuholandi Max Houkes.

Umukino wari kuba uwa nyuma mu yo gushaka itike yo kujya muri ¼, wahuje Andrej Martin na Alex Marti Pujolras, ariko wahuye n’ikibazo cy’ikirere cyarimo imiyaga myinshi, usubikwa abakinnyi bombi banganya iseti 1-1.

Uyu mukino ni wo uzaherwaho ku munsi wa kane w’iri rushanwa, ukurikirwa n’iya ¼ izaba kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Gashyantare 2025.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .