00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda ruracyari mu biganiro byo kwakira Formula 1 - Minisitiri Nduhungirehe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 5 December 2024 saa 08:48
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rutarava mu biganiro byo kwakira Grand Prix ya Formula 1 kandi ko igihugu kizi neza impamvu yo kwakira ibikorwa bikomeye bya siporo.

U Rwanda ruri kuza ku ruhembe mu bihugu biri kugaragaza imishinga ifatika yo kwakira rimwe mu masiganwa aba agize umwaka w’imikino wa Formula 1, kikaba igihugu cyongera kurigarura nyuma y’imyaka 30.

Aganira n’igitangazamakuru cya Semafor Africa, yagaragaje ko hari ingendoshuri abahagarariye u Rwanda bagiriye mu bihugu byakiriye iri siganwa mbere, ndetse bishimangira ku kuba ubushake bugihari.

Ati “Turabyifuza kuko ni ikintu cyaba ari cyiza kuri siporo ubwayo ndetse no ku Rwanda muri rusange. Twerekanye ko dufite ubushobozi bwo kwakira ibikorwa biremereye bya siporo.”

Minisitiri Nduhungirehe kandi yabwiye iki gitangazamakuru ko amafaranga ashorwa mu bikorwa bya siporo, amasezerano n’amashyirahamwe ya siporo, ubufatanyabikorwa n’amakipe akomeye i Burayi, byatanze umusanzu ufatika mu guteza imbere ubukerarugendo.

Usibye gukorana n’amakipe akomeye arimo Paris Saint-Germain, Arsenal na Bayern Munich, mu bikorwa biremereye bya siporo u Rwanda rwakiriye harimo n’imikino ya nyuma ya Basketball Africa League.

Mu byumweru bibiri biri imbere, mu Rwanda hazateranira abakinnyi b’indashyikirwa mu mikino yo gusiganwa mu modoka, aho bitegura guhemberwa ikigali mu gikorwa gikomatanyije n’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa mu Modoka (FIA).

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko mu buryo bw’imibare ibikorwa nk’ibyo mu mwaka wa 2023 byinjije agera kuri miliyoni 636$, ibyazamutseho 36% ugereranyije n’umwaka wawubanjirije. Si ibyo gusa kuko kugeza muri Nzeri 2024, ubukerarugendo bwari bwiyongereyeho miliyoni 448$.

Afatiye urugero ku masezerano y’u Rwanda na Arsenal, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko mu mwaka wa mbere impande zombi zigitangira gukorana mu 2018, abasura u Rwanda biyongereyeho 17% ndetse n’u Bwongereza buba igihugu cya kabiri mu kuzamura ubukerarugendo bwarwo kandi burazamuka buba ubwa gatanu mu bihugu bifite abaturage benshi barusura.

Inkuru bifitanye isano: Formula 1 ishobora kubera mu Rwanda mu 2028

Amashyushyu ni yose: Iby’ingenzi kuri Formula 1 u Rwanda rwifuza kwakira

Minisitiri Nduhungirehe Olivier agaragaza ko u Rwanda rukiri mu biganiro byo kwakira Grand Prix ya Formula 1
U Rwanda rwifuza kugarura Formula 1 muri Afurika, aho iheruka mu 1993

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .