Woods yabitangarije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yashyize amafoto ari kumwe n’uyu mugore.
Imwe bari baryamye batumbiriye ikirere mu gihe indi bari bahagaze, maze ayakurikiza amagambo y’urukundo.
Ati “Urukundo ruri mu bicu. Ubuzima ni bwiza uri i ruhande rwanjye. Reka turebe ibiri imbere turi kumwe muri ubu buzima.”
Vanessa Trump ni umubyeyi w’abana batanu yabyaranye na Trump Jr bamaranye imyaka 12, mbere yo gutandukana mu myaka irindwi ishize.
Tiger Woods nawe afite abana babiri yabyaranye n’uwari umugore we, Elin Nordegren batandukanye mu 2010.
Woods kandi yakanyujijeho na Lindsey Vonn ndetse na Erica Herman bakundanye imyaka irindwi, mbere yo gutandukana mu 2022.
Vanessa ni rwiyemezamirimo gusa yabayeho umunyamideli ndetse yagiye agaragara muri filimi zitandukanye. Ni mu gihe Tiger Woods ari umwe mu bafite izina rikomeye mu mukino wa Golf ku Isi.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!