00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Daniil Medvedev yaciwe ibihumbi 76$ ku bw’imyitwarire mibi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 19 January 2025 saa 03:34
Yasuwe :

Daniil Medvedev uri mu bakinnyi ba mbere bakomeye ku Isi muri Tennis, aherutse kumena camera yo mu kibuga mu irushanwa rya Australian Open, byatumye ahanishwa gutanga ibihumbi 76$ kubera iyi myitwarire idahwitse.

Mu cyumweru gishize ni bwo hakinwe umukino w’ijonjora rya mbere wahuje Umurusiya Medvedev n’Umunya-Thailand, Learner Tien mu mikino ya Australian Open igeze ku munsi wa munani.

Muri uyu mukino, Medvedev yawutsinze bimugoye kandi benshi barabonaga ko uza kumworohera, ku iseti ya gatanu akora amakosa yo gusingira camera yafataga amashusho mu kibuga hagati yari iri ku nshundura, ayikubita ‘racquet’, irangirika bikomeye cyane.

Mu mukino w’ijonjora rya kabiri yanatsindiwemo na Learner Tien ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku maseti 3-2 (6-3, 7-6, 6-7, 1-6, 7-6), yongeye kugira uburakari amena ‘racquet’ yakinishaga, yanga no kujya mu kiganiro n’itangazamakuru.

Nyuma yo gusuzuma ibyo yakoze byose, kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Mutarama, hatangajwe ibihano yahawe byo kwishyura ibihumbi 76$, azakurwa mu bihumbi 200$ yagombaga guhabwa kuko yageze muri ½.

Uyu mukinnyi mu mwaka ushize yari yageze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa, gusa gutsindirwa mu ijonjora rya kabiri na Tien w’imyaka 19, yananiwe kubyakira.

Si uyu gusa uhaniwe muri iri rushanwa kuko n’Umwongereza Jack Draper yaciwe 4000$, nyuma yo kujugunya ‘racquet’ amaze gutsinda Aleksandar Vukic.

Medvedev yamennye camera yari ku nshundura mu kibuga
Daniil Medvedev yaciwe ibihumbi 76$ kubera imyitwarire mibi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .