00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sugira Ernest yasabye Kiyovu Sports FC gukemura ikibazo cye inzira zikigendwa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 February 2025 saa 03:17
Yasuwe :

Rutahizamu wa Kiyovu Sports FC, Sugira Ernest, wasinyishijwe ariko ntakinishwe, yayigeneye ubutumwa ayisaba gukemura ikibazo bafitanye, kandi bigakorwa mu mahoro.

Kiyovu Sports FC yatangiranye ibihe bibi umwaka w’imikino wa 2024/25, isinyisha abakinnyi bazayifasha barimo na rutahizamu Sugira wari umaze igihe nta kipe afite.

Iyi kipe yamuhaye amasezerano y’umwaka umwe, ariko ntiyakoreshwa kimwe n’abandi bari baguzwe kubera ibihano Urucaca rwafatiwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA).

Mu gihe cyose uyu mukinnyi yamaze afite amasezerano, ntabwo yigeze yishyurwa amafaranga na make, dore ko na we yari yarahagaritse imyitozo kuko yari abizi neza ko nta byangombwa bimwemerera gukina afite.

Kudahembwa no kudakinishwa byatumye uyu mukinnyi yandikira ubuyobozi abusaba gusesa amasezerano, ikipe imusubiza ahubwo imumenyesha ko agomba kwitaba nk’uwataye akazi.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Gashyantare 2025, uyu rutahizamu wifashishwaga n’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ mu bihe byatambutse, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, asaba gukemurirwa ikibazo mu nzira nziza.

Ati “Kiyovu Sports, mu cyubahiro mbagomba ndifuza ko mwacyemura ikibazo dufitanye mu nzira y’amahoro. Ingingo z’ibisabwa byose murazizi 100%.”

Bivugwa ko Sugira Ernest yasabye ko yahabwa miliyoni 1 Frw, agatandukana n’ikipe, ariko ubuyobozi bwayo ntabwo bubikozwa.

Kiyovu Sports FC iri ku mwanya wa nyuma wa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 12, ndetse ku Munsi wa 18 ikaba izahura na Gasogi United FC.

Sugira Ernest yasinyiye Kiyovu Sports ariko ntiyayikinira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .