00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SKOL yasangiye na Rayon Sports Women FC ku munsi w’abagore

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 Werurwe 2023 saa 06:52
Yasuwe :

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, SKOL Brewery Ltd, rusanzwe ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports, rwakiriye Ikipe yayo y’Abagore mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Werurwe 2023, ku Kibuga cy’uru ruganda mu Nzove ari naho iyi kipe yakirira imikino yayo.

Ni ibirori byari bigamije kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ndetse no kongera kwibukiranya intego iyi kipe ifite uyu mwaka.

Umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports WFC, Uwimana Jeanine, yavuze ko ari igikorwa umuterankunga wayo yateguye kugira ngo afashe abakinnyi kwizihiza umunsi wabo.

Yagize ati "Muri rusange twabahaye impanuro zo gukomeza gutera imbere nk’abana b’abakobwa, ariko byumwihariko kugira ngo twereke abana ko turi kumwe no mu buzima busanzwe bwa buri munsi."

Tuyishime Kalim wari uhagarariye SKOL muri ibi birori, yashimiye ikipe uko iri kwitwara ndetse abasaba kwegukana ibikombe byombi.

Yagize ati "Twaje hano kugira ngo twifatanye namwe kwizihiza umunsi wanyu, ndetse tunabashimire uburyo mukomeje kwitwara. Nk’uko bisanzwe kandi intego yacu uyu mwaka, ni ukwegukana ibikombe byombi (Shampiyona n’igikombe cy’Amahoro)."

Kapiteni wa Rayon Sports WFC, Neza Anderson, yishimiye iki gikorwa ndetse asezeranya abafana babo kwegukana ibikombe.

Ati "Ni igikorwa cyadushimishije cyane kuko badukoreye umunsi, ikindi badusabye kwegukana ibikombe byombi uyu mwaka kandi tuzabizaha, abafana bagiye kuva ku bahungu baze iwacu."

Ikipe ya Rayon Sports Women FC ni umwaka wa mbere imaze ishinzwe, ariko ikomeje gukora amateka muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri kuko usibye kuyobora itsinda iherereyemo, iri no gutsinda ibitego byinshi.

Kugeza ubu ku munsi wa cyenda wa shampiyona, Rayon Sports WFC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 25, izigamye ibitego 64.

Abakinnyi ba Rayon Sports bizihije Umunsi Mpuzamahanga w'Abagore bambaye Kinyarwanda
Abakinnyi ba Rayon Sports WFC bari babukereye
Umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports WFC, Uwimana Jeanine, ageza ijambo ku bakinnyi
Tuyishime Kalim wari uhagarariye SKOL, yashyikirije umwambaro Kapiteni wa Rayon Sports WFC, Neza Anderson
Abakinnyi ba Rayon Sports WFC na bamwe mu bakozi ba SKOL bafashe ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .