00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Siddhant Banthia na Alexander Donski begukanye ‘ATP Challenger 100 Tour’ muri ‘Doubles’

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 8 March 2025 saa 09:11
Yasuwe :

Siddhant Banthia na Alexander Donski begukanye irushanwa mpuzamahanga muri Tennis rya ‘ATP Challenger 100 Tour’ nyuma yo gutsinda Geoffrey Blancaneaux na Zdenek Kolar.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe 2025, ni bwo ku bibuga bya IPRC-Kigali habereye imwe mu mikino ya nyuma ya ‘ATP Challenger 100 Tour’, aho hasojwe iy’abakina ari babiri (Doubles).

Umukino wa nyuma muri iki cyiciro wahuje ikipe yari igizwe na Siddhant Banthia ukomoka mu Buhinde wakinanaga n’Umunya-Bulgaria Alexander Donski, bahura na Geoffrey Blancaneaux wo mu Bufaransa na Zdenek Kolar wo muri Repubulika ya Tchèque.

Ni umukino wari ukomeye cyane kuko amakipe yombi yagaragazaga inyota yo gutwara iri rushanwa, gusa Siddhant na Alexander bawinjiramo mbere banatwara iseti ya mbere ku manota 6-1.

Blancaneaux na Zdenek Kolar bakinnye neza iseti ya kabiri bayegukana ku manota 7-5, ariko iya nyuma ntiyabahira yegukanwa na Siddhant na Alexander ku manota 10-8.

Aba bombi byabahesheje kwegukana iri rushanwa mpuzamahanga ryaberaga i Kigali, ndetse bombi bahamya ko bahagiriye ibihe byiza bituma bifuza kuzongera kuhakinira.

Siddhant yagize ati “Nshimiye buri wese watumye irushanwa rigenda neza, harimo abariteguye n’abaterankunga. Ibi biratuma nshaka kuzagaruka no mu mwaka utaha.”

Mugenzi we Alexander yagize ati “Ni ubwa mbere mbonye intsinzi ikomeye mu buzima bwanjye. Ndishimye cyane ku buryo nifuza kongera kugaruka mu Rwanda.”

Aya marushanwa ya Rwanda Challenger yatangiye kuva tariki ya 24 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe 2025 hakinwa ‘ATP Challenger 75 Tour’, aya ‘ATP Challenger 100 Tour’ atangira tariki ya 3 kugera ku ya 9 Werurwe 2025.

Aya ni amwe mu marushanwa atanu ategurwa n’Ishyirahamwe rya Tennis y’Ababigize umwuga (ATP), aho atanga amanota 75 na 100 uko akurikirana.

Zdenek Kolar ntako atagize ngo yegukane umukino ariko birangira bawutakaje
Umukino wa nyuma muri Doubles wahuje Siddhant Banthia na Alexander Donski bahuye na Geoffrey Blancaneaux na Zdenek Kolar
Alexander Donski agerageza kugarura umupira
Geoffrey Blancaneaux na Zdenek Kolar bitwaye neza mu iseti ya kabiri
Geoffrey Blancaneaux na Zdenek Kolar batsindiwe ku mukino wa nyuma
Geoffrey Blancaneaux ahanganye no gutera ishoti
Siddhant Banthia na Alexander Donski bishimira gutsindira igikombe
Geoffrey Blancaneaux ni umwe mu bahanga bitabiriye ATP Challenger 100 Tour
Siddhant Banthia na Alexander Donski bishimira igikombe batwaye
Geoffrey Blancaneaux na Zdenek Kolar babaye aba kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .