00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sergio Pérez wa Red Bull ashobora gusimbura Lewis Hamilton

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 December 2024 saa 02:08
Yasuwe :

Mercedes ikomeje gushaka ibisubizo birambye ku mukinnyi wasimbura Lewis Hamilton wamaze kujya muri Ferrari, aho abahabwa amahirwe bayobowe na Sergio Pérez wifuza Formula 1, ndetse akaba yaranze kongera amasezerano muri Red Bull.

Muri Nyakanga 2024, ni bwo Red Bull yihutiye kongera amasezerano ya Pérez ariko umwaka wagiye kurangira umusaruro we utari kuba mwiza, ubuyobozi bwifuza guhita buyasesa.

Umujyanama wa Siporo muri Red Bull, Dr. Helmut Marko, aherutse gutangaza ko ubu ikipe yatangiye ibikorwa byo gushaka umukinnyi uzakomezanya na Max Verstappen mu mwaka utaha wa Formula 1.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bugeze kure ibiganiro bishobora gusiga abakinnyi babiri ari bo Liam Lawson na Yuki Tsunoda bahabwa amahirwe yo gusimbura Pérez wayifashije kuva mu 2021, ubwo yasinyaga amasezerano y’imyaka ine.

Uyu mugabo w’imyaka 34, amakipe yose yanyuzemo yagiye aba umukinnyi wa kabiri, agafasha bagenzi be kwegukana ibikombe, bigatuma nta shampiyona n’imwe atwara.

Nubwo ntacyo Mercedes irabitangazaho, bivugwa ko uyu mukinnyi yagiranye ibiganiro na Toto Wolff uyiyobora kugira ngo yerekezemo cyane ko afite ubunararibonye mu myaka 13 amaze akina Formula 1.

Mu gihe uyu Munya-Mexique yaba agiye muri iyi kipe yafatanya na George William Russell, na we wari umaze igihe akorana na Lewis Hamilton.

Sergio Pérez yanyuze mu makipe akomeye ya Formula 1 harimo Sauber yahereyemo, mu 2013 ahita ajya muri McLaren agiye gusimbura Hamilton n’ubundi wari wagiye muri Mercedes. Iyi kipe ni yo yavuyemo ajya muri Red Bull.

Amasezerano ya Sergio Pérez muri Red Bull ashobora guseswa agatandukana na yo
Sergio Pérez wa Red Bull ashobora gusimbura Lewis Hamilton muri Mercedes

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .